Byose bikoranwe urukundo

Aya ni amwe mu magambo intumwa Paulo yakoresheje mu ntashyo ye ubwo yandikiraga abakristo b’ Itorero ry’ i Korinto. Yagize ati: ” Mube maso rero !� Mukomerere mu byo mwizeye, mube abagabo nyabo, mube intwari.”������������������� (1Kor.16,13-14)

Iyo nyandiko Paulo�yayoherereje ab’ i Korinto kubera ingorane zikarishye zari zugarije abo muri iryo Torero. Izo ngorane zari zerekeye ibice byaciye ibintu hagati y’ abakristo muri iryo Torero.� Muri bo kandi hari ibidafututse mu myifatire n’ imigirire�yabo nk’ abakristo bari bazi Uwo bizeye Uwariwe. Wasangaga mbese� muri ibyo byose hari amacakubiri n’ akajagari� bisa naho bari abantu batazi ikintu cya nyacyo cyagombye gukorwa cyane cyane cyatuma Imana ihabwa icyubahiro.

Ibyo nibyo rero�byatumaga�muri iryo Torero hari hakenewe inama cyane cyane nka iy’ intumwa y’ Imana Paulo, umwigisha w’ ingenzi kandi ubifitemo n’ impano.� Ari naho rero yabahuguye�abagezaho uburyo bagombye kwitwara muri izo ngorane zose.

No kuri twe rero�abakristo bo muri ibihe, iyo umuntu yitegereje neza, usanga ingorane zizungaguza abakristo mu byo kwizera ndetse zikaba zabaca intege ari nyinshi muri ibi bihe byacu. Mbese usanga ari rwa rugamba rukomeye cyane Bibliya itubwira. Ari nayo mpamvu dukwiriye kwambara za ntwaro�zose z’ Umwuka� tubwirwa mu rwandiko rwandikiwe Abefeso 6,11-18.�

Iyi nama nziza rero Paulo agira� abakristo b’ i Korinto agira�ngo babe maso, bakomerere mu byo bizeye, binyujijwe muri Yesu Kristo, kandi mu byo bakora byose babikoreshwe n’ urukundo.� Natwe iradukwiriye� kuko ijambo ry’ Imana ritugaragariza ko urukundo ari ingenzi muri byose narinda Bibliya itubwira ko ari umurunga w’ amahoro kandi rukaba runishimira ukuri (1 Kor.13,6). Kandi ibyo byombi akaba ari byo bibuze mu mibereho y’ abantu muri iki gihe.

Dukomeze rero kuba mu biganza by’ Imana yacu twese kugirango dushobore guhagarara mu mbaraga ze, tubinyujije muri Yesu Kristo umwami n’ umukiza wacu.� Amen.

Speak Your Mind

*