Umuntu, ikirura kuri muntu

Aya amagambo yahindutse umugani mu bantu bavuga ikilatini bo mu gihe cy’ umusizi w’ ikirangirire Plaute wabayeho kuva 254 kugeza 184 mbere ya Yesu Kristo ngo “Umuntu ni ikirura kuri muntu.”� Ubusanzwe rero, ibintu�hafi ya byose�bivugwaho bishingiye k’ uko biteye. Iyo urebye rero mu mateka y’ ibihe bitandukanye, urugomo rwa muntu rwerekana ko akiri wawundi, mbese ari nk’ uwakera. Koko kandi iyo wibajije kuri muntu muri rusange, usanga ari nk’ ikirura cg. se�isega ku wundi kugeza�magingo aya.

Koko rero, iyo urebye muntu muri rusange, imiterere n’ imikorere bye, wibaza niba hakiri isano nyayo hagati ye n’ umuremyi we w’ urukundo n’ amahoro. Kuva igihe icyaha cyatandukanije muntu n’ Imana, isi yahindutse ahantu�h’ ubugome bw’ uburyo bwinshi. Bibliya itugaragariza ko ubw’ ibanze ari ubwabaye hagati ya Kayini na murumuna we Abel� buturutse k’ ugushimwa�n’ Imana k’ uyu Abel (Itang.4,3-8). Ubwo bugome bw’ ibanze ninako bwajyanye no kutemerera Imana icyo cyaha cy’ ubwicanyi�yaramaze kugirira� murumuna we. Niko kubeshya Imana�ku kibazo yari imubajije iti: Kayini, “Abel murumuna wawe ari he?” Yarashubije ngo ” Ndabizi se ? Ndi umurinzi wa murumuna wanjye ?” (Itang.4,9) Icyo kandi ni igisubizo kiriho�kugeza n’ ubu. Byose nukubeshya gusa kuko nta wushaka kwereka Imana aho we cg. se�na mugenzi we yaba amaze guhohotera, baba bari.

Nyamara Imana, umuremyi wacu, ni inyarukundo rutangaje. Yabyerekanye igihe Adamu yari amaze gukora icyaha cyo kutumvira (Itang.3,8-9). Imana ntiyaretse Adamu na Eva. Ahubwo yaje gushaka Adamu.� Kandi ikindi gitangaje nuko yaje imubaza bwa mbere na mbere�aho ari, igira iti: “Adamu, urihe ?” (Itang.3,9). Ikibazo nk’ icyo nicyo gutegura uguhura cg. umubonano wo kuvugana na we nubwo atumviye bwose. Imbere y’ Imana rero, icy’ ingenzi cy’ ibanze nukumenya ubwacu aho turi, kandi ko�biruta�cyane ibyo tuba twakoze.

Byongeye�kandi, no�mu gihe Imana�yahamagaye Adamu, si ukuvuga ko itari izi aho ari. Ahubwo uko kumuhamagara no kumubaza aho ari, nukugira ngo Adamu na we ubwe yiyumvemo ko yageze ahabi cyane� ho guhunga umuremyi we. Kandi ngo anamenye ko mu mubano w’ ubwizerane hagati ye n’ Imana�waciwemo igihu. Nuko ukutumvira�gutyo � kukarema umworera munini hagati ye n’ Imana.

Na nubu rero, Imana ikaba ibaza aho buri wese ari. Niba ari mu ntege nke za muntu aba cg. niba yizera gukorera mu mbaraga za Kristo Yesu. Buri wese akeneye agakiza gashingiye kugukoreshwa n’ imbaraga za Yesu Kristo kugira ngo agere ku�gahunda y’ Imana yo gushaka icyiza gusa.

Uwiteka akomeze�aduhire ku bw’ izina rya Yesu Kristo, umwami n’ umukiza wacu.��Amen