Gukorera byose guhimbaza Imana

Umutwe w’ijambo ry’Imana muri iki cyumweru, ushingiye ku butumwa bwiza intumwa Paulo yagejeje ku bakristo bo mu itorero ry’i Korinto (1 Kor.10,31). Mu byukuri, ikintu cyose cyakorwa harimo gushimira Imana binyujijwe mw’izina rya Yesu Kristo umucunguzi w’abantu, birumvikana ko icyo cyaba gikozwe ku bw’icyubahiro cya yo koko. Ariko se twe niko tubyiyumvisha ko buri gikorwa cy’umukristo gishobora gukorerwa koko ku bw’icyubahiro cy’Imana, kugeza yewe no kubikorwa byerekeye imirire n’iminywere ? Ibi byerekana rero ko Umwami Imana atajya yibagirwa na kimwe mu byakozwe byse kubwe. Naho yaba yewe ikirahuri cy’amazi cyatanzwe mw’izina rye ( Mat.10,42 ).

Bakristo nshuti, Imana irashaka ko icyubahiro cyayo gihimbazwa mu gihe yigaragaza ubwayo mu bikorwa byinshi by’ububasha, by’ubwiza, by’ubuntu ku bana bayo. Irashaka kandi ko icyubahiro cyayo cyagaragarira mu mibereho y’abashishikarira kuyinezeza nk’igisubizo ku rukundo rwayo. Ubwo Imana yishimira kugaragariza ubwiza bwayo ababwakira, twabona umunezero wacu mu gushakashaka kureba isumbe ryayo n’urukundo rwayo byigaragarije mu Ijambo rye.

Gushaka rero icyemezo cy’Umwami, gushakashaka icyo adutegerejeho, guhamya iby’ubuntu bwe mu badukikije, icyo nicyo cyo gukora kubw’icyubahiro cy’Imana. Aho kandi niho umurimo usanzwe umenyerewe uhindukamo uw’urumuri rushyashya hagati y’imibereho y’abantu.

Aha buri wese yarakwiye kuzirikana icyo twaremewe. Ko atari ukurya, kunywa ndetse n’ibindi byinshi nko kwambara cg. ibindi by’imibiri byose. Ahubwo twaremewe kuba mu bumwe n’Imana mu rukundo. Mu gihe cyose kandi, tuyiringiye mu rukundo rwayo, tuba tubikoze kubw’icyubahiro cyayo. Uwo niwo munezero n’impamvu yo kubaho nk’umukristo. Ijambo ry’Imana ritubwira ko ” Turi abo yaremye,ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera, kugirango tuyigenderemo ” (Abefes. 2,10).

Icyubahiro kibe icy’Imana, mw’izina ry’umwami n’umukiza wacu Kristo Yesu.

“Nimuhumure, nijye, mwitinya”

Bavandimwe mwese muri Kristo, ijambo Imana yampaye kubagezaho muri iki cyumweru cya 42, ryerekeranye nuko buri kiremwa�cyane cyane muntu n� inyamaswa, uhereye ku gito cyane ukageza ku�kinini�bikabije, byose bifite akamero ko kugira ubwoba� cg.�gutinya icyaricyo cyose cyatekerezwaho ko� cyateza akaga akariko kose�inyamaswa cg. umuntu runaka.

Koko rero ibyo bikaba ari ibintu byigaragaza ahariho hose.�� Nyamara nubwo bimeze gutyo, twe abemeye Yesu Kristo nk� umwami��n� umukiza wacu, tukaba dufite amahirwe menshi�� kuko� ari hejuru ya byose akabicecekesha. Bigeza yewe naho�aturisha inyanja.��Ngo kumubona�agenda ku mazi kandi harimo imiraba cg imivumba�bikomeye, byateye cyane ubwoba bwinshi abigishwa be.�Ndetse ngo bavugije induru�bagira ngo ni baringa� cg. umuzimu ( Mat.14,26). Ari nayo mpamvu yahise ababwira ati:�”Nimuhumure, nijye, mwitinya”�(reba ku murongo wa 27).

Uko kubabwira kandi ati: “Nijye, mwitinya� bisobanuye ikintu� cy�ingenzi cyane. Ni Imana ubwayo iri aho, ku bwo gutabara�abayo�bari mu kaga.

Bakristo nshuti, nkuko Bibliya iduha ingero nyinshi guhera ku�muntu wa mbere ku kibazo cy�ubwoba, nyamara ntibyamubujije�gucumura (Itang.3,3.10�). Icyakora nubwo bimeze bityo� muri�ibi bihe, ntitwari dukwiriye gukuka imitima kubw� imivumba cg.�imiraba y� imibereho yacu. Kuko mu gihe imbaraga � zacu�ntacyo zatugezaho, dukwiriye byibuze kumera nka intumwa Simoni Petero. Kuko abonye bimunaniye ibyo yari�ashatse kwirariramo ( ku murongo 28)�yameshe kamwe�maze abwira Yesu ati: “Nyagasani nkiza!� (umurongo wa 30).� Nuko�Yesu ahita arambura ukuboko kwe aramufata. Ariko�ntiyanatindiganya no�kumubwira ko afite ukwizera guke�kandi ko ibyo ari byo bimutera gushidikanya.

Natwe rero�dushobora kumva ijambo rya Yesu agira ati:” Ndi�� hano.��Nijye mukiza wawe, umutabazi wawe�mu makuba, umushumba wawe utazaguhana na rimwe.�� Ati: “�Nijye�� ugusabira kuri�Data ngo�agufashe�gukomeza gushobora guhangana n�ibigeragezo�n�urugamba rwa Satani.�

Uwo tumwerere rwose kuba ariwe uyobora imibereho yacu kuko abikorera ibyiza adushakira. Yewe na ho ibintu byaba atari ko bigaragarira abantu. Ni we mucunguzi wacu, uzi� intege nke zacu kandi ashaka kutwegura iyo tuguye. Ni we wemera ko iyo miraba yose cg. imivumba�ibaho, ariko agahora�yiteguye kuyicecekesha rwose. Tumere nka wa mu kristokazi wasabye Yesu ati: “Mwami ba ari wowe umfata mu kiganza cyawe kuko ari jye ugufasheho nananirwa nkaku rekura.”

Icyubahiro kibe icye, none n� iteka ryose. Amina

Kubana no kugendana na Yesu.

Bakristo, bakristokazi mwese dusangira Ijambo ry’ Imana, ubutumwa bw’ iki cyumweru cya 41 butugaragariza neza�intego y’ umwami n’ umukiza wacu�Yesu Kristo yo gushaka kubana no kugendana n’ abe. Urugero rw’ ibanze ni igihe abajije abigishwa be�agira� ati: ” Namwe se murashaka kwigendera ?”(Yohani 6,67b)

Iki kibazo cye rero kikaba cyerekana neza icyo�we ubwe�yashakaga ku bigishwa be. Ari cyo cyo guhamana na we. Kandi nsanga ko igisubizo Simoni Petero yatanze cyamunyuze,ubwo yagiraga ati: “Databuja, twajya kuri nde. Ko ari wowe ufite amagambo y’ ubugingo buhoraho. Natwe tukaba twizeye, tuzi yuko uri Kristo, Uwera w’ Imana.”�(Yoh.6,68b-69)�� Igisubizo nk’ iki rero kikaba ari�ubuhamya�bukomeye rwose kandi�buturutse k’ ukwizera koko.

Ikibazo nk’ iki kandi nicyo natwe Yesu atubaza muri ibi bihe bitoroshye.�Nanone kandi�igisubizo cyawe nanjye�kikaba gikenewe byihutirwa.

Ikindi kandi Yesu ashaka ku bantu be nukugendana na bo ndetse no gukurikiranira hafi�amaganya ya bo�aho baba bari ahariho hose.�Ibi Yesu yabyerekanye ubwo yashatse kugendana na ba bigishwa babiri Kiliyofasi na mugenzi we, ubwo bagendenaga amaganya menshi kubya Yesu, bigira mu mudugudu wa Emawusi.

Aha niho muri�Luka 24,14-17��herekana neza uko Yesu yashatse gukurikiranira hafi iby’ amaganya�bavuganagaho ndetse n’ ubwoba bari bafite. Ndetse akanashishikazwa no kubasobanurira icyabahumuriza gikomotse mu Ibyanditswe byera. Ninacyo gituma muri icyo gice havuga ngo: “Bakiganira , bakibazanya, Yesu arabegera, ajyana na bo .”

Ibi byerekana ko kubamwizera,�Yesu nubwo ari mw’ ijuru, ariko ahora ashaka guherekeza abe mu bigeragezo by’ uburyo butari bumwe, kubera ko azi�intege nke z’ abantu�. Ndetse�kenshi na kenshi ibyo bigeragezo abigira ibye, ku buryo dushobora kubinyuramo�kubera we. Ninabyo rero Petero intumwa yanditse�agira ati: “Muyikoreze amaganya yanyu yose, kuko yita kuri mwe.”( 1Petero 5,7 )

Aha rero niho nshojereje iri jambo ngira nti :Icyubahiro kibe icy’ Imana kandi na Yesu agendane na buri wese muri mwe kugira ngo dukomeze gushobora uru rugendo rutoroshye rwo muri iyi si iruhije. Kandi Uwiteka abarindire mwese mw’ izina rya Yesu Kristo umwami n’ umukiza wacu.�� Amen.

Mwene So muri Kristo.

Imana Ntirenganya

Bavandimwe muri Yesu,

Biragaragara ko Imana idashobora kwibagirwa abantu bayo.

Dukomeze rero tuyisunge, tuyizere. Uko byagenda kwose, izadukomorera, iduhe twese amahoro mu ngo zacu no mu mitima yacu.

Igihe kirageze. Abari batangiye kwiheba nibakanguke…

Augustin.