Kubana no kugendana na Yesu.

Bakristo, bakristokazi mwese dusangira Ijambo ry’ Imana, ubutumwa bw’ iki cyumweru cya 41 butugaragariza neza�intego y’ umwami n’ umukiza wacu�Yesu Kristo yo gushaka kubana no kugendana n’ abe. Urugero rw’ ibanze ni igihe abajije abigishwa be�agira� ati: ” Namwe se murashaka kwigendera ?”(Yohani 6,67b)

Iki kibazo cye rero kikaba cyerekana neza icyo�we ubwe�yashakaga ku bigishwa be. Ari cyo cyo guhamana na we. Kandi nsanga ko igisubizo Simoni Petero yatanze cyamunyuze,ubwo yagiraga ati: “Databuja, twajya kuri nde. Ko ari wowe ufite amagambo y’ ubugingo buhoraho. Natwe tukaba twizeye, tuzi yuko uri Kristo, Uwera w’ Imana.”�(Yoh.6,68b-69)�� Igisubizo nk’ iki rero kikaba ari�ubuhamya�bukomeye rwose kandi�buturutse k’ ukwizera koko.

Ikibazo nk’ iki kandi nicyo natwe Yesu atubaza muri ibi bihe bitoroshye.�Nanone kandi�igisubizo cyawe nanjye�kikaba gikenewe byihutirwa.

Ikindi kandi Yesu ashaka ku bantu be nukugendana na bo ndetse no gukurikiranira hafi�amaganya ya bo�aho baba bari ahariho hose.�Ibi Yesu yabyerekanye ubwo yashatse kugendana na ba bigishwa babiri Kiliyofasi na mugenzi we, ubwo bagendenaga amaganya menshi kubya Yesu, bigira mu mudugudu wa Emawusi.

Aha niho muri�Luka 24,14-17��herekana neza uko Yesu yashatse gukurikiranira hafi iby’ amaganya�bavuganagaho ndetse n’ ubwoba bari bafite. Ndetse akanashishikazwa no kubasobanurira icyabahumuriza gikomotse mu Ibyanditswe byera. Ninacyo gituma muri icyo gice havuga ngo: “Bakiganira , bakibazanya, Yesu arabegera, ajyana na bo .”

Ibi byerekana ko kubamwizera,�Yesu nubwo ari mw’ ijuru, ariko ahora ashaka guherekeza abe mu bigeragezo by’ uburyo butari bumwe, kubera ko azi�intege nke z’ abantu�. Ndetse�kenshi na kenshi ibyo bigeragezo abigira ibye, ku buryo dushobora kubinyuramo�kubera we. Ninabyo rero Petero intumwa yanditse�agira ati: “Muyikoreze amaganya yanyu yose, kuko yita kuri mwe.”( 1Petero 5,7 )

Aha rero niho nshojereje iri jambo ngira nti :Icyubahiro kibe icy’ Imana kandi na Yesu agendane na buri wese muri mwe kugira ngo dukomeze gushobora uru rugendo rutoroshye rwo muri iyi si iruhije. Kandi Uwiteka abarindire mwese mw’ izina rya Yesu Kristo umwami n’ umukiza wacu.�� Amen.

Mwene So muri Kristo.

Speak Your Mind

*