“Nimuhumure, nijye, mwitinya”

Bavandimwe mwese muri Kristo, ijambo Imana yampaye kubagezaho muri iki cyumweru cya 42, ryerekeranye nuko buri kiremwa�cyane cyane muntu n� inyamaswa, uhereye ku gito cyane ukageza ku�kinini�bikabije, byose bifite akamero ko kugira ubwoba� cg.�gutinya icyaricyo cyose cyatekerezwaho ko� cyateza akaga akariko kose�inyamaswa cg. umuntu runaka.

Koko rero ibyo bikaba ari ibintu byigaragaza ahariho hose.�� Nyamara nubwo bimeze gutyo, twe abemeye Yesu Kristo nk� umwami��n� umukiza wacu, tukaba dufite amahirwe menshi�� kuko� ari hejuru ya byose akabicecekesha. Bigeza yewe naho�aturisha inyanja.��Ngo kumubona�agenda ku mazi kandi harimo imiraba cg imivumba�bikomeye, byateye cyane ubwoba bwinshi abigishwa be.�Ndetse ngo bavugije induru�bagira ngo ni baringa� cg. umuzimu ( Mat.14,26). Ari nayo mpamvu yahise ababwira ati:�”Nimuhumure, nijye, mwitinya”�(reba ku murongo wa 27).

Uko kubabwira kandi ati: “Nijye, mwitinya� bisobanuye ikintu� cy�ingenzi cyane. Ni Imana ubwayo iri aho, ku bwo gutabara�abayo�bari mu kaga.

Bakristo nshuti, nkuko Bibliya iduha ingero nyinshi guhera ku�muntu wa mbere ku kibazo cy�ubwoba, nyamara ntibyamubujije�gucumura (Itang.3,3.10�). Icyakora nubwo bimeze bityo� muri�ibi bihe, ntitwari dukwiriye gukuka imitima kubw� imivumba cg.�imiraba y� imibereho yacu. Kuko mu gihe imbaraga � zacu�ntacyo zatugezaho, dukwiriye byibuze kumera nka intumwa Simoni Petero. Kuko abonye bimunaniye ibyo yari�ashatse kwirariramo ( ku murongo 28)�yameshe kamwe�maze abwira Yesu ati: “Nyagasani nkiza!� (umurongo wa 30).� Nuko�Yesu ahita arambura ukuboko kwe aramufata. Ariko�ntiyanatindiganya no�kumubwira ko afite ukwizera guke�kandi ko ibyo ari byo bimutera gushidikanya.

Natwe rero�dushobora kumva ijambo rya Yesu agira ati:” Ndi�� hano.��Nijye mukiza wawe, umutabazi wawe�mu makuba, umushumba wawe utazaguhana na rimwe.�� Ati: “�Nijye�� ugusabira kuri�Data ngo�agufashe�gukomeza gushobora guhangana n�ibigeragezo�n�urugamba rwa Satani.�

Uwo tumwerere rwose kuba ariwe uyobora imibereho yacu kuko abikorera ibyiza adushakira. Yewe na ho ibintu byaba atari ko bigaragarira abantu. Ni we mucunguzi wacu, uzi� intege nke zacu kandi ashaka kutwegura iyo tuguye. Ni we wemera ko iyo miraba yose cg. imivumba�ibaho, ariko agahora�yiteguye kuyicecekesha rwose. Tumere nka wa mu kristokazi wasabye Yesu ati: “Mwami ba ari wowe umfata mu kiganza cyawe kuko ari jye ugufasheho nananirwa nkaku rekura.”

Icyubahiro kibe icye, none n� iteka ryose. Amina

Speak Your Mind

*