Imana yita kuri twe

Mu gihe turi hafi yo kwizihiza ivuka ry’ umwami n’ umukiza Yesu Kristo, umutwe w’ ubutumwa bwo muri iki cyumweru, ni incamake y’ amagambo�y’ indirimbo ya Zakariya yaririmbye ubwo�Yohani Batisita, umwana we na Elizabeti, yari amaze kuvuka nk’ integuza y’ uwo mwami (Luk. 1, 67-79).

Koko rero nkuko abahanuzi ba kera�bari barabihanuye, uwo Yohani Batisita yari avukiye kumenyesha abantu b’ Umwami Imana, iby’ agakiza kayo ko kubabarirwa ibyaha byabo (1,77) .� Ivuka rero rya Yohani Batisita ryerekana ko intego y’ ubwo buhanuzi bw’ abakera k’ ukuza k’ uwo mwami kugaragaza ibikorwa bye�m’ ugushaka ko�tubaho�nta bwoba (1, 74) . Ninayo mpamvu Zakariya, aho�gutangarira�ukubona umwana kwe ko mu buryo�nka buriya ataragitegereje, yatangajwe ahubwo�cyane n’ imbabazi z’ Imana, ukuntu yita k’ ubwoko bwayo. Aha, Zakariya yamaze hafi umwaka wose atavuga, ariko naho avugiye� ntiyahereye�ku ivuka ry’�umuhungu we, ahubwo yavuze ahanini kubyo Imana ikora. Yavuze kuby’ umuhungu we�mu gice cya kabiri cy’ indirimbo ye.� Iby’ umwana we arabishyira mu by’ umugambi w’ Imana kubw’ igihe kizaza.

Umuhanuzi Zakariya yari yarahanuye koko ibyerekeranye n’agashami kazaba umwami n’ umutambyi uzaza kudushaka kugirango atubohore� adushyire mu mahoro ye (Zak.6,12.13). Tumugereranye rero n’umuyobozi w’ igihugu, umwami cg. perezida muri iki gihe wajya gusura ahantu ho mu gihugu cye hagwiriwe n’akaga: akaza aje kubahumuriza no gutunganya uburyo bwo kubatabara vuba muri ako kaga. Natwe nuko rero turi: turi mu mwijima no mu ijoro�by’ icuraburindi (Luk.1,79). Ariko we atuzaniye umucyo w’ itangaza. Ijoro�ritubundikiye si urwijiji rw’Imana, ahubwo ni urw’ abantu badashaka kureba na busa imirimo y’Imana.

Ni we rero urimo udushaka. Zakariya arerekana mu ndirimbo ye uko impuhwe�cg.imbabazi z’ Imana zihebuje cyane (Luk.1,78). Yerekana ko Imana idufitiye impuhwe, ubwayo yiyumvamo ko ibyacu biyishishikaje cyane ku buryo iduhoza ku mutima wayo. Kandi isoko y’ impuhwe z’Imana�iva mu�mutima wayo, ntabwo iva muri twe.�Mu gihe itubabariye, ibikorana umutima wose nta kwitangira.Imana irakazwa cyane n’ ibyaha bacu, ariko ntishimishwa no guhana (Hoseya 11,9). Aha herekana ko ibyo Imana ikora, itabikora nk’ umuntu,ahubwo ibikora nk’ Imana nyine. Ibi bivuga ko abantu bageza aho bakarambirwa kubabarira, cyane cyane bikaba�itetu. Ni aho rero Imana itandukaniye n’abantu, kuko�ubuntu bwayo n’ impuhwe zayo bitagira iherezo.

Indirimbo ya Zakariya ntivuga ko umwijima uwariwo wose wavuyeho.� Byonyine ibihe turimo birabyerekana umunsi ku munsi. Ndetse uwavuga uko bimeze muri iki gihe, ntiyabirangiza. Koko rero�ngo nyiramaso yerekwa�bike ibindi akabyirebera. Mu byukuri, nubwo urwijiji rw’ urupfu rwatsinzwe na Yesu Kristo,�nyamara urwo rwijiji ntirwavuye mu mibereho y’abantu. Ariko Zakariya atwereka ko dushobora kwizera ko urumuri rwayobora ibirenge byacu mu nzira y’ amahoro. Iyo nzira ntijyana mu mwijima, ahubwo iyobora mu rumuri ruhoraho rw’ Imana.

Bakristo, bebedata, amaso y’ Imana arareba muri iyi si. Aradushaka muri uyu mwijima turimo.�Yo ubwayo iraduhamagara ivuga iti: ” Ndi umucyo w’ isi. Nkwitayeho,uri mu mutima wanjye. Narangije umurimo wanjye kandi ntsinze urupfu kandi nshaka kugucungura”.

Koko rero, uwo mucyo Zakariya avuga ntuzazima, ahubwo wigaragaza buri gihe. Mbese Yesu Kristo ni izuba ry’ ubutabera bwacu. Kandi�Kristo uwo asuka kenshi na kenshi urumuri rwe rwaka cyane. Natwe natwe tukaba dukwiye kurukurikira gusa kuko tumwizeye. Atwitaho cyane, kandi hamwe na We tuzagera aho twifuza� kuzaba: mu bwami bwe.

Uwiteka�Imana yacu, akomeze abane natwe twese.