Urubuga rw'Amakuru n'Amateka Mu Rwanda

Ni irihe somo Janet Kagame yakura mu ifungwa rya Suzane Mubarak?

par Evans, Canada.

Jeannette Kagame

Jeannette Kagame

Hashize iminsi Urukiko rwo mu Misiri rwemeje ko uwahoze ari umufasha wa perezida Mubarak aba afunzwe iminsi igera kuri cumi n�itanu kubera ibyaha byo kunyereza no gusahura umutungo wa rubanda yitwaje umwanya yari afite nk�umufasha wa perezida Mubarak.

Uwo mubyeyi w�imyaka igera kuri 70 yananiwe kwiyubaha no kubaha abaturage ashinzwe kuyobora kubera kwibaza ko umugabo we yica agakiza, ananirwa guhumuka kugirango arebe ejo hazaza maze asahura umutungo wa Rubanda asa n’aho afite uwo basigana bituma ejo bundi urukiko rwo muri Misiri rwemeza ko agomba gufungirwa muri gereza yo muri Cairo mu gihe bagikurikiranira hafi ibyaha acyekwaho.

Ibi byatumye nibaza isomo madame wa perezida wacu Janet Kagame yakura mu ifungwa rya mugenzi we dore ko we amurusha gusahura ugereranyije n�igihe bamaze ku butegetsi ku buryo abahanga bamugereranya na Grace Mugabe, umufasha wa perezida Robert Mugabe.

Tumaze iminsi dukora iperereza mu gusahura kwa Janet Kagame ariko iyo ubikurikiranye neza birenga ukwemera kwa muntu dore ko arushanwa n�umugabo we ku buryo bagenda banyurana mu ngendo ari na ko bajya kuwushora mu mahanga. Mu minsi ishize ubwo Abanyarwanda bari mu cyunamo bunamira inzira karengane za Jenoside, Jannette Kagame yataye umugabo we ajya muri Stade wenyine maze afata indege agana muri Amerika kujya guhishayo amwe mu mafaranga yari amaze gusahura.

Nyuma y’aho itangazamakuru ryatangiye kugaragaza aho perezida Kagame agenda ahisha imitungo ye aba yasahuye mu gihugu, byatumye Janet atongera kugilira icyizere maneko z�umugabo we zabaga zabafashije kuzigama uwo mutungo, maze anyuramo kwifatiramo kugirango ajye guhisha umutungo wa rubanda baba basahuye hirya no hino mu mazina y�inshuti ze magara.

Zimwe mu mpamvu zitumye twibaza nimba hari isomo Jeanette Kagame yakura mu ifungwa rya mugenzi we Suzane Mubarak wa Misiri dore ko na we atigeze yibaza ko ibintu bizahinduka bigeze hariya, ni uburyo na we akomeje gusahura dore ko bimwe mu bimenyetso dufite byerekana� uburyo Jeanette yagiye asahura kimwe mu bigo bya Tristar ku buryo yajyaga akurayo amafaranga agera ku 100.000.000 frw buri gihembwe, ntayatangire ibisobanuro.

Ikindi ni uko Jeanette ari mu bantu ba mbere bari inyuma yo gusahura umushinga wa Conventional Centre, akaba yarawusahuye akayabo kagera ku 40.000.000 usd, ayo yose akaba yarakoreshaga abambari be nka ba Minisitiri Musoni hamwe n�igikoresho cye Ambasaderi Gasana.

Akoresheje Gen Jack Nziza nk�umunyamabanga wa Minadef, Jannette yashoboye guhesha musaza we Richard Murefu, bafatanyije ubucuruzi, ikiraka gifite akayabo katagira ingano cyo kugemulira amamodoka y’iyo minisiteri amavuta.

Nk’uko twabibatangarije ubushize ko uwo munyembaraga yagombaga kugira Dr Agnes Binagwaho minisitiri w�ubuzima arinakwo byaje kugenda nyuma� kubera inyungu afite mu gusahura iyo minisiteri, kubera akayabo ibona gaturutse mu batera nkunga, ariko akenshi kakanyerezwa, ahasigaye umutekinisiye Binagwaho agategeka uburyo ayo mafaranga yakoreshejwe.

Kugeza ubu Jeanette Kagame akoresha musaza we ari we Richard Murefu kugirango bigarurire ibyayi byose byo mu Rwanda, akoresheje umucuruzi witwa Gatera Ejide, ku buryo bashoboye kubona hafi ibyayi byose banyuze muri Privatisation.

Kimwe na Suzane Mubarak, Jeanette Kagame na we arimo gutegulira umuhungu we Ivan Cyomoro kuzasimbura se, akaba ariyo mpanvu yamutwaye kwiga mu ishuri rya Gisirikare muri Amerika ryitwa West Point.

Kubera ibyo bigwi n�ibindi tuzabagezaho mu minsi iri mbere byiganjemo ibikorwa by�ihohotera ry�ikiremwa muntu bitegekwa n�uyu mubyeyi akoresheje inzego z�ubutasi, ni byo bitumye twibaza niba ibyabaye kuri mugenzi we nta somo byari bikwiye kumuha kugirango agabanye akariro na feri, amazi atararenga inkombe.

Evans, Canada.
[Umuvugizi]

1 comment

1 kayumba { 05.24.11 at 03:25 }

birabaje gusa time will come

Leave a Comment