Imibereho yacu muri iyi si igereranywa n’uruzerero cg.ubusuhuke

Amagambo nkayo�yumvikanira mu magambo ya Yakobo, se wa Yosefu�wari mw’ Egiputa, yabwiye Farawo,�umwami w’ Egiputa, ubwo yamwakiraga avuye i Kanani kubwo guhungishirizwayo�inzara (Itang.49,9). Aha ninaho yerekanye ko mbere na mbere yabonaga imyaka ye yarabaye mike cyane iyo yayigereranyaga�n’ iyo basekuruza be bamaze. Ikindi kandi nuko nubwo iyo myaka ye yabaye mike,�yerekana ko yanabaye mibi cyane .�

Ni Imana ubwayo irahamya ko kuba muri iyi si kwacu ari ukuba mu busuhuke (Kuv.6,4). Umuhimbyi wa zaburi na we agereranya imibereho yacu muri iyi si nk’ ubushyitsi, cyangwa se ubusuhuke (Zab.119,19.54). Kandi nkuko mubizi ahantu umuntu ari nk’ umushyitsi cg. umusuhuke nuko aba atagomba kuhamara igihe kirekire. Nukuvuga ko na za programa ashobora kuba yahakorera�niziba ari iz’ igihe�gihwanye n’ igihe yahamara.

Hari ahantu hatari hake rero muri Bibliya herekana iby’ ubushyitsi cg. ubusuhuke bwa muntu muri iyi si. Ariko mbere yo gukomeza kugira icyo mvuga kuri ayo magambo, reka turebere hamwe�uko uwandikiye Abaheburayo yabivuzeho.� Aha akaba yerekana neza ko abari muri iyi si bizeye ibyaseranijwe n’ Imana,�nubwo biba biri kure yabo, ariko bahamya ko ari abagenzi n’ abashyitsi kuri iyi si (Abah.11,13;13,14).�

Petero intumwa na we� asaba abakristo muri rusange kumenya ko ari abagenzi n’ abimukira cg. abanyamahanga. Kandi kubera kumenya ibyo� bikwiriye kubatera gushobora kwirinda irari ry’ umubiri ry’ uburyo bwinshi rirwanya ubugingo (umutimanama) (1Peter.2,11) .

Bakundwa muri Kristo Yesu, impuguro nkizi natwe ziratureba muri iki gihe turimo. Kuko iryo rari�ry’ umubiri ubu niho riteye inkeke . Kandi koko ryigaragariza mu buryo bwinshi. Ari nayo mpamvu benshi muri iki gihe bashobora kunanizwa . Dukomerere mu byo twizeye kuko turi mu bihe by’ iminsi mibi cyane.�Kandi ikirutaho nuko Imana yacu iduhora hafi. Ntitureka na rimwe ngo tube twenyine. Ahubwo icy’ ingenzi nuko twamera aka wa muntu wizeraga Imana�ariko akimenyaho ko ari umunyantege nke,�bigatuma ayisaba agira: ” Mana ba ari wowe umfata mu kiganza cyawe kuko ari njyewe ugufasheho nananirwa nkakurekura”.

Ku bayizera, nta rimwe tuba turi twenyine. Iyi nkuru ikurikira iduha icyitegererezo cyiza. Uwitwa Martha yacitse intege, mbese yumva yihebye rwose. Nibwo yandikiye inshuti�ye Tamari�urwandiko rurerure amubwira agahinda ke kose. Nyamara rwa rwandiko ntiyarwohereza ahubwo arurekera mu kabati .� Hashize ibyumweru bike, yongera gusoma� urwandiko rwe.�Noneho rutuma agahinda ke�kongera kugurumana.� Ubwo arucagaguramo uduce twinshi kandi duto cyane . Maze abujugunya mu ndobo yari yuzuye amazi.� Nuko amagambo yose yagaragazaga ubwihebe bwe arahanagurika. Nyamara, agace gato k’ agapapuro kari kanditsweho ijambo ry’ ubundi buryo ntiryasiba.� Martha agerageza n’ ubwitonzi kukavanamo . Aragasoma. Iryo jambo ritahanaguritse�ni irivuga ngo�” Imana”.

Dore icyigisho yahise abonamo: ” Mu bwihebe bwe, n’ agahinda ke ntabwo Imana yamuretse. Imana iri kumwe na we. ibyo byamwongeyemo intege. Maze�muri we yumva ko mu gihe cye nk’ icyo kidasanzwe Iman iri kumwe na we� kandi ntiyigeze imusiga wenyine. Nikoko rero kuko kuri twe natwe�nta narimwe Imana yadusize�twenyine. Ibyo kandi byagaragariye rwose ku banyarwanda tutari bake muri ibihe bibi twashoboye kurokokamo Imana itunyujije mu bikomeye byinshi.

Dukomeze rero�tuyizere ibihe byacu byose. Kugeza�tuva muri ubu bushyitsi cg. ubusuhuke turimo . Intumwa Petero na we�yandikiye abizera agira ati: ” Muyikoreze amaganya yanyu yose, kuko yita kuri mwe”.�� Kandi natwe ibyo nibyo bidukwiriye rwose. Uwiteka Imana akomeze abane natwe twese .

Speak Your Mind

*