Category — Imbere mu Gihugu
Jean Baptiste Icyitonderwa yarabonetse nyuma y’iminsi itandatu mu maboko y’abamushimuse
Nyuma y’iminsi itandatu bwana Jean Baptiste Icyitonderwa -umunyamabanga mpuzabikorwa wa PS-Imberakuri ushihzwe ubukangurambaga- yari amaze yaraburiwe irengero yongeye kuboneka kuwa kabiri w’iki cyumweru tariki ya 12.03.2012.
Uko yatangarije ibinyamakuru amaze kugaruka yamenyesheje ko yarekuwe kuwa mbere nyuma y’uko yashimuswe n’abantu bambaye imyenda ya gisivili ariko bitwaje intwaro kuwa kabiri tariki 06.03.2012 nimugoroba. Abo bashimusi rero ngo bamupfutse igitambaro mumutwe maze bamutwara n’imodoka ahantu nawe atazi kugeza ubu. Nyuma y’iminsi itandatu bamugaburira imigati n’amazi n’amazi kandi bamucunaguza bamutera ubwoba baramugaruye bamujugunya ahitwa i Nyarugunga, aho rero akaba ariho yavuye agaruka iwe imuhira.
Ubu rero ari gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano ngo bashakishe uburyo bamenya ibyerekeranye n’ishimutwa rye.
Imana ishimwe rero ko yagarutse akirimo umwuka. Birashimishije ko yarekuwe ari muzima ariko biteye impungenge ko abarwanashyaka ba PS-Imberakuri kimwe n’abyoboke b’andi mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa FPR na Kagame bakomeje gukorerwaho iterabwoba n’ihohoterwa rikabije buri munsi.
Leta y’u rwanda nishake uburyo yagarura umutekano w’abanyarwanda bose, cyane cyane abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Kuko mu bihugu byateye imbere mu majyambere nk’uko abayobozi b’u Rwanda babiririmba buri munsi abatavuga rumwe n’ubutegetsi nibo baha ingufu ubutegetsi zo kwikubita agashyi iyo bateshutse ku ntego (cyangwa imihigo) yabo.
Twifurije Bwana Icyitonderwa hamwe n’abandi basangirangendo be bamutabarije yabuze, inshuti ze n’abavandimwe, ndetse n’abandi banyarwanda bose bafite inyota y’a Demokarasi isesuye mu gihugu cyacu kwihangana.
Agatinze kazaza ni amenyo ya ruguru.
Abubu
March 15, 2012 No Comments
Jean Baptiste Icyitonderwa Yaburiwe Irengero kuva kuwa gatatu 07/03/2012
ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU N° 07/P.S.IMB/012
Rigarutse ku ihohoterwa, n’inyerezwa bikomeje kwibasira abarwanashyaka n’abayobozi b’ishyaka PS IMBERAKURI;
Rishingiye ku buryo bw’umwihariko ku ibura ry’Umunyamabanga Mukuru ushinzwe ubukangurambaga Bwana Jean – Baptiste ICYITONDERWA, ishyaka PS IMBERAKURI ritangarije abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda ibi bikurikira :
Kuva kuwa gatatu taliki ya 07 Werurwe 2012, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ushinzwe ubukangurambaga yaburiwe irengero. Ibi bije bikurikira ibikorwa byo kumuhiga byatangiye twitegura ubujurire bwa Me Bernard NTAGANDA, Prezida Fondateri w’ishyaka nk’uko twabibagejejeho kuwa 05 Werurwe 2012. Icyo gihe, abantu batashoboye kumenyekana, ariko bigaragara ko batumwe n’inzego z’umutekano batangiye kumuhiga kuwa 04/03/2012 kuva mu ma saa kumi kugera aho mu ma saa tatu z’ijoro babiri muribo bamuteye iwe, basanze atariyo basiga bakomerekeje mu maso umwana bahasanze.
Izimira rya Bwana Jean – Baptiste ICYITONDERWA rije kandi rikurikira iry’Umubitsi w’ishyaka wanyerejwe na Polisi ya Remera kuva kuwa 31/01/2012 kugera kuwa 02/02/2012 ndetse n’irya Bwana Dominiko SHYIRAMBERE, Umuyobozi w’ishyaka mu karere ka Gasabo, wafashwe kuwa 06/03/2012 nimugoroba n’abagabo batatu bitwaje imbunda agakizwa n’uko abaturage batabaje akabacika.
Ishyaka PS IMBERAKURI ritewe impungenge n’izimira rya Bwana Jean – Baptiste ICYITONDERWA cyane ko kuva aho tubimenyeye twitabaje Polisi y’igihugu none aho kugirango dutabarwe ahubwo turushaho kubona ibimenyetso ko amakipi yo kuduhiga arushaho kwiyongera. Ibi byose bikaba bigamije gukomeza kudutera ubwoba ngo baducecekeshe, nyamara bakirengagizako nta na rimwe iterabwoba ryigeze rikemura ibibazo by’abenegihugu.
Ishyaka PS IMBERAKURI ryongeye gusaba ubutegetsi bwa Kigali kureka iterabwoba, bugashyira imbere ibiganiro n’uburenganzira bwo kunenga no kunengwa kuko niyo nzira yonyine izakemura ibibazo byugarije abanyarwanda.
Bikorewe i Kigali kuwa 10/03/2012
Alexis BAKUNZIBAKE
Visi prezida wa mbere
March 11, 2012 2 Comments
Charles Ntakirutinka: Nje gufatanya n’abandi ngo Demokarasi isesuye igere mu gihugu cyacu
Charles Ntakirutinka wahoze ari ministri w’ibikorwa remezo mu Rwanda yafunguwe kuri uyu wa kane, amaze imyaka icumi muri gereza.
Ntakirutinka yafunzwe mu mwaka wa 2002 aregwa ibyaha bitatu byo kugambanira igihugu, gukwirakwiza ibihuha byangisha rubanda ubutegetsi no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.
N’ubwo ibi byaha byose yabihakanye byimazeyo avuga ko ari ibihimbano kandi bishingiye ku mpamvu za politike yakatiwe igifungo cy’imyaka icumi naho uwahoze ari umukuru w’igihugu Pasteur Bizimungu akatirwa igihaho cy’imyaka 15 ariko aza kubabarirwa na perezida Kagame mu mwaka wa 2007.
Mu kiganiro yagiranye na Radio Ijwi Rya Rubanda yagize ati:
“Nishimiye kuba ngarutse ngifite ubuzima, nkagaruka mu banyarwanda nifuza ko batera imbere, ko bagira amahirwe kandi nkaba niteguye kwifatanya nabo mu buryo bushoboka bwose ariko butarimo imvururu, bwo kugirango tugere kuri demokarasi nyayo, iha abantu bose ijambo, ituma buri wese atanga igitekerezo cye uko acyumva ku kibazo runaka, byanyura muri demokarasi ikivuyemo abantu bose bakagikurikiza.”
Imibereho yo mu buroko
Ntakirutinka w’imyaka 62, yabwiye Ijwi Rya Rubanda ko yamaze imyaka itanu n’igice ya mbere afungiwe mu cyumba cya wenyine kitagira ubwiherero (toilette) cyangwa ubwogero kandi kitageramo urumuri. Icyo cyumba yagisohokagamo rimwe ku munsi mu gitondo agiye kwituma no kwiyuhagira. Yaje kukivamo nyuma y’uko Pasteur Bizimungu afunguwe hanyuma bakamwimurira mu cyumba yari afungiwemo. Muri icyo cyumba ho yabanagamo n’abantu batandatu. Kandi yari afite uburyo bwo kugera hanze akabona urumuri.
Ese azakomeza Politiki?
Ku kibazo cy’uko azakomeza gukora politike nyuma y’uko gushinga ishyaka PDR-Ubuyanja byatumye afungwa yavuze ko kuba yarafunzwe ataribyo byamubuza gukora politike, ati “ahubwo nayireka ari uko mbonye ko nta kamaro bifite“.
Kuri Radio BBC-Gahuzamiryango ho yabivuze muri aya mabambo:
“Politike ni ugutanga ibitekerezo ku byerekeye ubuzima bw’igihugu. Politike yo guhatanira imyanya, yo gushaka kugaragara cyane wenda ntabwo ariyo nzashyira imbere ariko byanze bikunze ikigaragara ni uko nanjye nzifuza gufatanya n’abandi Banyarwanda bashaka kugirira neza iki gihugu kugira ngo ntange umusanzu”
Ubutumwa ku banyarwanda
Ubutumwa aha abanyarwanda n’abayobozi b’igihugu ni uko buri wese akwiriye gutanga umuganda wo kubaka igihugu, aho ibintu bigomba guhinduka bigahindurwa cyane cyane ibyerekeye guharanira ko Demukrasi ishinga imizi mu gihugu cyacu. Byaba ngombwa buri wese kandi akagira ubutwari bwo kwemera no kwihanganira ingaruka z’ibikorwa bye kuko nta gishobora guhinduka tudashize hamwe ngo tugiharanire.
March 2, 2012 2 Comments
U Rwanda Rurindiye Uburumbuke ku Nkomo
By Sharon Broussard, The Plain Dealer, 29 Mutarama 2012

Sharon Broussard, The Plain Dealer
Sharon Broussard ni umwanditsi wungirije w’Ijambo ry’ibanze mu kinyamakuru The Plain Dealer. Ni umwe mu banditsi n’abatozankino12 b’Abanyamerika bagendereye uRwanda mu Gushyingo 2011, biturutse ku nkunga Gatekeeper igenerwa abanyamakuru, ikaba ikusanywa n’Umushinga w’Itaramakuru Mpuzamahanga wo muri Kaminuza Johns Hopkins.
U Rwanda ruzwi cyane nk’igihugu cyivanye mu muyonga w’amarorerwa ya jenoside yo muri Mata 1994, kandi nk’igihugu cya Afurika kiranganwa imbaduko n’umwete, aho kumenyekanishwa na jenoside yagushije isi yose mu kayubi igihe ihitana ibitambo biyinga ibihumbi 800.
Abatutsi n’Abahutu bashyira mu gaciro batsembwe n’abaturanyi babo n’amatsinda y’insoresore nyuma y’aho itangazamakuru rishishikarije abaturage kwikiza “Inyenzi”.
Nyamara icyo gihugu cyo mu burasirazuba bw’Afurika gitsikamiwe n’ubukene gishobora no kuba cyugarijwe na kabutindi.
Ku butegetsi bwiganje mo n’Abatutsi bahoze ari impunzi hanyuma bakaza kunesha ingabo n’insoresore z’Abahutu b’abicanyi, ingufu uRwanda rwimbitse mu guhangira abaturage barwo ubuzima busumbije ho kuba bwiza zapfubijwe n’umunigo ukabije wakanyaze ubwisanzure bw’ibitekerezo, ziyoyokera kandi mu gucubya ibirego bishinja Guverinoma gucira ishyanga abatikiriza iyo itera, abandi ikabata mu kagozi cyangwa se ikabakata amajosi.
Nk’uko itsinda ry’abanditsi b’amakuru n’abatozankuru b’Abanyamerika babiteye imboni mu rugendo baherutse mo barukesheje Umushinga w’Itaramakuru Mpuzamahana wo muri Kaminuza Johns Hopkins, uRwanda rushobora kuba rukataje mu majyambere, ariko ubusumbane bukabije n’amacakubiri ashingiye ku moko – Abanyarwanda batemerewe kugira icyo bavuga ho – birarukwegera amajyanyuma.
Abatutsi bizimbye mu cyiciro cy’abayobozi b’uRwanda bagize ibice 15% by’abaturage, n’ubwo ubutegetsi bwa cyami ntutsi bwamaze igihe kirekire mu Rwanda, bukaza gushyigikirwa mbere na mbere n’Abadage, hanyuma bukimakazwa n’abakoroni b’Ababirigi. Abahutu bafite ubwiganze bw’ibice biyinga 84%.
Nyamara nta makimbirane ashingiye ku moko twigeze tubona mu gihe twazengurukaga muri icyo gihugu cy’imisozi miremire, gihora gitoshye, gituwe n’abanyagihugu miriyoni 11, ariko kandi kitagira irembo ku mazi magari. Ibihingwa ngengabukungu by’ingenzi byoherezwa mu mahanga ni ikawa n’icyayi, kandi ibihaboneka cyane cyane ni iby’ubuhinzi- bworozi bwa mbonandamuka.
Insina zera utuneke duto turyohera twa kamaramasenge – twaturyaga buri gitondo – imyembe n’ibishyimbo bihingwa hafi muri buri murima wo mu cyaro, ndetse no ku misozi yaciwe ho indinganire zikoranye ubugenge. N’ubwo kandi ubona yo umubare w’imodoka uciriritse, amagare atabarika ndetse n’amapikipiki, abantu benshi bagera iyo bajya bagenjeje amaguru.
Kandi icyo gihugu kirajya mbere no mu bundi buryo bunyuranye.
Nk’uko twabibwiwe na Ririyane Uwanziga Mupende, ukuriye Ubuyobozi bw’igishushanyo cy’imigi n’ubwubatsi muri guverinoma y’uRwanda, ngo “Uva mu gihugu amezi abiri cyangwa atatu wagaruka ugasanga buri gihe hariyongereye ho ikintu gishya.”
Kuva ku munsi wa mbere tugitangira gusura Kigali, umurwa w’uRwanda, umusemuzi wacu Fred Mwasa yatubaruriye inyubako nshya zose – hari mo isoko rishya rya kijyambere n’amazu mashya menshi y’ibiro yazamuriwe icyarimwe – atibagiwe no kutwereka n’amazu y’ibiti atabarika Guverinoma yateganyije gusenya kugira ngo abise inyubako za kijyambere.
Yemwe n’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cy’i Kigali cyo mu rwego ruciriritse ariko kirinzwe ku buryo bukomeye, kizasimburwa n’igishya cyubakwa mu Bugesera mu majyepfo ya Kigali, bateganya ko kizatangira gukoreshwa mu mwaka wa 2015. Ibyo twabibwiwe n’umushoferi Mwasa ushinzwe n’ubuyobozi bw’ikinyamakuru cyigenga gishya The Chronicles gitangarizwa i Kigali.
Ngo ibyo biri mu mugambi “Rwanda Icyerekezo 2020″ uzahindura icyo gihugu cy’abahinzi-borozi ukakigira isangano ry’ikoranabuhanga mu itumanaho n’iry’ubwikorezi mu karere biturutse ku bwitange bw’abakozi babangikanyije ubumenyi n’ubushobozi.
Urubyiruko rumara imyaka cyenda mu ishuri rwigira ubuntu. Buri wese kandi ategetswe kugira ubwishingizi bwo kwivuza.
Igitekerezo kigaragara ni uko, niba ubwato bwose butsimburiwe icyarimwe, amacakubiri y’amoko amaze igihe mu Rwanda atazatuma burohama.
Nyamara ariko hafi buri mukozi wa Reta wese twahuraga yabaga ari Umututsi wize wari warahungiye i Bugande cyangwa ahandi hari umutekano mbere y’itsembambaga ryo mu wa 1994, hanyuma yagaruka mu guhabwa akazi agashyirwa i Gorora.
Mbese izinga nk’iryo risa n’iriheza abandi rishobora gushyira ho guverinoma buri wese yisanga mo kandi idahungabana, ndetse rikubaka igihugu gishobora kuba ipfundo n’isangano by’uburumbuke muri Afurika y’Uburasirazuba?
Perezida Pawuro Kagame, jenerari wari ukuriye izahoze ari inyeshyamba z’Abatutsi, akayobora FPR-Inkotanyi mu ntambara yirukanye mu gihugu ingabo n’insoresore z’Abahutu guhera mu mwaka wa 1994 akanafata ubutegetsi kuva icyo gihe, yemera ko ibyo bishoboka.
Yabwiye ikipi yacu y’abanyamakuru ati “Igihugu kiragerageza kubona umwanya mwiza, niba ari ko nabivuga, mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba dushobora gukorera mo ibintu cyangwa kugemura mo ibintu bitaboneka mu bindi bihugu.”
Kagame yibasiye ruswa ashyira ku runyiriri itangwa ry’impushya zo kubaka no gushora imari ari uburyo bwo kureshya abashoramari n’abaherwe bo mu mahanga ngo baze mu Rwanda. Birasa nk’aho ari mo kugera kuri izo ntego. Ubungubu uRwanda ruza ku mwanya wa 45 ku bihugu 183 Banki y’Isi yakoreye raporo ishingiye ku ngingo y’”Ishoramari mu mwaka wa 2012.”
Ba rwiyemezamirimo bashobora gutangiza imishinga yabo mu minsi itatu gusa. Igihugu gifite isuku – bitewe n’abakozi akangari bazinduka bakubura imihanda yo mu mujyi kuva mu masaamoya -, kandi kiri mo umutekano. Kuyembagira muri Kigali isaatatu cyangwa isaayine z’ijoro ntabwo ari ukwiyahura cyangwa kwigereza ho – ibi bikaba bitandukanye cyane n’ibyo mu migi irangwa mo akavuyo yo muri Kongo no mu Bugande, ibihugu bituranye n’uRwanda.
Nyamara urunyiriri ruboneka mu Rwanda rushobora kuba ruturuka ku giporisi n’igisirikari byakwirakwijwe hafi ahantu hose, ari nako bihoza abaturage ku cyoba n’inkeke. Koko rero, ubwo umushoferi wacu mutarutinya bamuhagaritse kubera ko yagerageje guca ku yindi modoka ku gihanama, umusirikari yaje anyenyemba umukoba w’imbunda utendera mu ijosi rye.
Amaze kubwira umushoferi wacu amagambo akarishye mu kinyarwanda, ururimi Bantu rukoreshwa kenshi n’ubwo icyongereza ari rwo rurimi rwo mu butegetsi, uwo musirikari yaramuretse yikomereza atamuhaye itike. Nyuma y’ubwo ariko umushoferi wacu yarushije ho gutwarana ubwitonzi.
Nyamara ibyo si cyo kintu cyonyine cyo mu Rwanda giteye ubwoba. Ubwisanzure bwo kuvuga icyo utekereza bwatawe ku munigo, ibinyamakuru – bimwe muri byo byashikikarije abicanyi gukora jenoside – biracyafitiwe amakenga menshi. Ni cyo gitera ubutegetsi kuzibya abataramakuru, abatangazamakuru n’Abanyarwanda basanzwe.
Abanyarwanda baramutse bakomoje ku by’ubuhutu n’ubututsi baba bikatiye imyaka myinshi y’igifungo – ubungubu ngo buri wese ni Umunyarwanda gusa – kandi ngo ni ukurenga ku itegeko kugira icyo unenga perezida cyangwa abandi bategetsi.
Cya cyago cya jenoside itegeko ryabatije ngo “jenoside yakorewe Abatutsi”, ryirengagije ibihumbi n’ibihumbi by’Abahutu, benshi muri bo bari barashyingiranwe n’Abatutsi cyangwa se babavuganiraga, bahitanwe n’iryo tsembatsemba.
Guca kuri ayo mategeko, yemwe no gusa n’ubitekereza, byakatiye abantu imyaka myinshi y’igifungo, ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barahotorwa, nk’uko bitangazwa n’imiryango iharanira uburenganzira bwa Muntu, ariko nyamara guverinoma ikaba yarakomeje guhangaza ibihakana.
Yemwe n’abahunze ubwo butegetsi ntibiringiye umutekano. Urugero ruri hafi ni urwa Jenerari Fawusitini Kayumba Nyamwasa wahoze ari icyegera cya Kagame, wareze shebuja kurya ruswa no kunyereza umutungo, hanyuma akaza guhungira muri Afurika y’Epfo muri Gashyantare 2010. Nyuma y’amezi ane ageze yo bamwoherereje abicanyi bo kumuhotora.
Haravugwa ibyo kuvugurura amategeko agenga itangazamakuru, ariko bishobora kuzaza ari impitagihe, bitakirenganuye Anyesi Nkusi, umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Umurabyo, wakatiwe imyaka 17 y’igifungo muri Gashyantare y’umwaka ushize kubera ko yatangaje imyandiko ivuga ko Abanyarwanda bamwe batari bishimiye perezida n’abandi bategetsi bo muri guverinoma. Abashinjacyaha banasabiye igifungo cy’imyaka irindwi mugenzi we w’umunyamakuru, bamushinja ko imyandiko ye yari gutera abaturage kwigomeka ku butegetsi.
Kagame usa n’uwatwawe na “Twitter” yayigiriye ho ikiganiro n’ikipi yacu maze aratubwira ngo niba ari we byarebaga nta n’uwakagombye guhanwa “kabone n’iyo yaba yavuze nabi” perezida, ariko kandi ngo agomba “kureka ibyo bintu bikagenda uko byakagiye”. Nyamara ibyo byaba ari ugukorana ubuzirampuhwe, urebye ko iyo mvugo isobanura ko Nkusi yazagomba kuborera muri gereza.
Kagame afite umwanya, mbere y’amatora yo mu wa 2017, wo kugaragaza niba ashaka koko gukorera uRwanda ibyiza cyangwa se niba ibyo byose ari amirariro cyangwa agasaku gusa.
Nyuma ya manda ze ebyiri ashobora guzasezera – nk’uko na we ari ko abisezeranya abantu. Cyangwa se ashobora kuzabona abo mu ishyaka rye bifuza kuzongera mu itegekonshinga ingingo yemera manda eshatu, bityo akazongera kwiyamamaza.
“Umwaka wa 2017 ntuzarangira nkiri perezida”, ibyo ni we wabitwibwiriye ku buryo butaziguye.
Ariko bamwe mu banyamakuru twari kumwe ntibabyemeye.
Kandi mpereye no ku byo niboneye mu minsi 10 namaze mu gihugu, nshobora kuvuga ntibeshye cyane yuko n’Abanyarwanda benshi batabyemera.
(Byahinduwe mu kinyarwanda na Munyakazi Leopold)
Inkuru Bifitanye isano:
A restrained Rwanda hopes for prosperity: Sharon Broussard
Byavuye: http://www.cleveland.com/opinion/index.ssf/2012/01/a_restrained_rwanda_hopes_for.html
February 6, 2012 1 Comment
Abaturage bafite inshingano yo gusuzugura amategeko n’amabwiriza abangamiye uburenganzira-shingiro bwabo. Padiri Thomas Nahimana
by Padiri Thomas Nahimana
Maze gusoma « ITANGAZO » ry’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muganza (Bugarama-Cyangugu), MUKAMANA Esperance, ryashyizweho umukono taliki ya 27/12/2011, naguye mu kantu numva umutimanama utanyemerera gukomeza guceceka ! Ndagira ngo mfatanye n’abasomyi ba Leprophete.fr dusuzume AKARENGANE karenze urugero Abaturarwanda bakomeje kugirirwa n’Ubutegetsi kandi dusabe ko imigenzereze mibi nk’iyi yakosorwa.
1. Si itangazo risanzwe ni « Amabwiriza ».
Iki kintu (acte juridique) Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muganza yise ITANGAZO, mu by’ukuri si itangazo risanzwe nk’irimenyesha abaturage umunsi w’inama, umupira w’amaguru,… Ni inyandiko y’ubutegetsi ishyiraho amabwiriza : mu rurimi rw’igifaransa bayita « Arreté ». Ayo mabwiriza agomba gukurikizwa n’abaturage bose batuye umurenge. Amabwiriza ni inyito ihabwa « amategeko » atangwa n’abayobozi b’igihugu , ariko adaturutse mu Nteko nshingamategeko, muri Perezidansi cyangwa mu biro bya Minisitiri w’intebe.
Aya mabwiriza yatanzwe n’uyu muyobozi w’Umurenge wa Muganza arasobanutse neza : « Nta muntu wemerewe guca ibigori bibisi mu murima (we !) agamije kubigurisha cyangwa kubyotsa ». Umuntu yakwibaza niba uwabica agamije kubiteka we ataba anyuranyije n’iri bwiriza !
Icyerekana ko amagambo y’iri tangazo atari inama Umuyobozi agira abaturage ahubwo akaba ari amategeko abahaye ni uko « rigena n’ibihano » bizahabwa uzanyuranya n’ayo mategeko :
« Umuntu uzafatwa atwaye, yagurishije cyangwa yaguze ibigori azacibwa ihazabu ku buryo bukurikira » : amafaranga 20 000 ku wabigurishije ; 10.000 k’ubitwaye ; igare cyangwa imodoka bizafatwa nabyo bizacibwa amande !
Ingingo y’ingenzi iri BWIRIZA rigamije gutambutsa :
Ubutumwa bw’ingenzi bw’iri bwiriza bugaragarira muri iyi ngingo isoza : « Buri wese arasabwa gusarura hakurikijwe amategeko » ! Ibi biragaragaza neza ko hariho « amategeko » yaturutse mu nzego zo hejuru , mu butegetsi bw’igihugu (Perezidansi, Inteko Nshingamategeko, Minisitiri w’Intebe) abuza abaturage gusarura imyaka bihingiye mu mirima yabo, noneho iri bwiriza ry’umuyobozi w’umurenge rikaba rije rigamije gushyira ayo mategeko mu bikorwa !! Ikibazo gikomeye ni aha kiri !
Ntabwo ari Ubuyobozi bw’Umurenge wa Muganza bwashatse kwitangira aya mabwiriza ku bwende, ahubwo ni gahunda rusange y’ubutegetsi bw’Igihugu! Ni ukuvuga ko aya mabwiriza atangwa mu Mirenge yose y’igihugu.
2. Leta y’u Rwanda iratandukira ku buryo bubangamiye uburenganzira-shingiro bw’abaturage.
Iri bwiriza ry’umuyobozi w’umurenge wa Muganza, rishyize ahagaragara ukuntu abaturarwanda bagowe, bagashyirirwaho amategeko agamije kubapyinagaza ndetse no kubatsemba mu cyayenge (crime contre la population) binyuze mu nzira yo KUBICISHA INZARA.
Twibuke ko guhera mu mwaka ushize, mu buryo bw’ubuhubutsi butangaje ariko cyane cyane hagamijwe kubungabunga inyungu z’ubucuruzi bw’Agatsiko kari ku butegetsi , Leta y’u Rwanda yahatiye abenegihugu ba buri Karere guhinga igihingwa kimwe gusa (monoculture). Ngo ibyo bikaba bigamije « guhingira amasoko». Iyi ntego ubwayo ntiyari mbi ariko ifite inenge zikomeye kandi zisenya :
(1) Ko Leta y’u Rwanda izi neza ko abaturage barenze 90 % batunzwe n’imyaka bahinga mu turima twabo tutanahagije, irabona abahinze ibigori gusa bazatungwa n’iki mu gihe hashyizweho amategeko ababuza kubica igihe bashonje bakeneye kurya ?
(2)Ayo masoko ashyirwa imbere tuzi ibanga ryayo : ntashyize imbere inyungu z’umuturage ahubwo agamije kurya imitsi ya rubanda gusa ! Koko rero bimaze kugaragara ko ibyo abaturage bahinze bisarurwa hanyuma bikagurwa n’agatsiko k’abacuruzi bake bafitanye ibanga n’Agatsiko kari ku butegetsi ! Abo nibo bashyiraho ibiciro bishakiye bigamije kugura imyaka y’umuturage ku giciro gito cyane kugira ngo bazironkere inyungu zihanitse ku masoko yo mu gihugu no ku masoko mpuzamahanga !
Abitwa Intumwa za rubanda bakagombye kwamagana iyo « corruption organisée », ntacyo bibabwiye ahubwo bashishikariye gusaba ko imishahara yabo (yari isanzwe ari agatangaza ugereranije n’ubushobozi buke bw’umutungo w’u Rwanda!) yakongerwa mu gihe rubanda yo noneho yabujijwe no kurya utugori yagokeye ! Kuri bo wagirango « principe de proportionalité » ntibaho cyangwa ntacyo ibabwiye ! Ubwo se mumaze iki ? Ubutabera n’imibereho myiza mushakira rubanda biri he ? Ikimwaro nticyica !
3. Dore ingingo ikwiye kumvikana neza :
(1) Amategeko abangamiye inyungu rusange za rubanda si amategeko akwiye kwemerwa no kubahirizwa ! Leta y’u Rwanda nta burenganzira ifite bwo kwambura abaturage imitungo yabo (propriété privée) nta mpamvu ifitiye benshi akamaro iriho kandi batabanje guhabwa ingurane ikwiye . Nta burenganzira na buke Leta ifite bwo gutegeka umuturage KWICWA n’inzara imubuza gusarura imyaka yihingiye mu isambu ye.
Leta ikora ibyo niyo bita « Etat-voyou », ni Leta idakurikiza amategeko mazima abaturage bibonamo ahubwo yo igahitamo kugendera ku myitwarire mibi ya kinyeshyamba ! Bene iyo Leta nta gaciro abaturage n’amahanga bakwiye kuyiha.
(2) Niba u Rwanda rwarahindutse igihugu kigendera ku matwara ya Gikomunisiti, aho nta muturage ukigira umutungo we bwite (propriété privée) bigomba gutangazwa abantu bose bakabimenya. Kandi biramutse ariko bimeze, ubwo Leta y’u Rwanda na yo yaba ifite inshingano yo guha abaturage bose ikibatunga kugira ngo bakunde bemere ko Leta ari yo igena uko bahinga, uko basarura n’uko bagurisha imyaka yeze, uko barongora n’uko barongorwa , uko baryama n’uko basinzira !!!
Uko tubizi , Leta y’u Rwanda ntitunze abaturage ahubwo imenyereye kubambura utwabo! Nimenye rero ko kubategeka kwicwa n’inzara nta muntu muzima ukwiye kubishyigikira! Ahubwo abantu bose batakwanga ngo bamaganire kure iyo gahunda mbisha yo gucuza abaturage uburenganzira ku mutungo wabo baba baciye ukubiri n’inshingano ikomeye ijyanye n’uburenganzira umuntu wese avukana bwo kurwanya AKARENGANE kamugiriwe cyangwa akagiriwe abandi (La résistance à l’oppression est un droit naturel et imprescriptible de l’homme: cf. DDHC de 1789, art.2)
Umwanzuro
(1)Iyo abaturage batewe n’umwanzi uturutse hanze, Leta yabo ntishobore kubarwanaho (protéger), ubwo ntacyo baba bagipfana n’iyo Leta; ntabwo bagomba kongera kuyumvira(obéissance)!
(2)Noneho rero iyo bibaye agahomamunwa, Leta ishinzwe kurengera abaturage akaba ariyo igaruka ikabashora mu rupfu mu buryo ubwo aribwo bwose (harimo no gushaka kubicisha inzara!), iyo Leta iba ihindutse UMWANZI w’abaturage! Icyo gihe abaturage bagomba guhaguruka bakayikuraho byaba ngombwa bagafata intwaro bakayirwanya!
Ndabona ariho Leta y’u Rwanda igeze! Abaturage ikomeje kwicisha inzara n’akarengane k’ubwoko bwose nko kwamburwa amasambu, gusenyerwa amazu, kwirukanwa mu mugi wa Kigali, guhomberezwa ubucuruzi, kwimwa buruse, gufungwa no kurigiswa hato na hato, kwicirwa abana ku Kirwa cya Iwawa …baramutse bahagurutse bakayivumburaho bagamije kuyihirika nanjye naba uwa mbere mu kubaha umugisha!
Imana ibarizwa ku ruhande rw’abazira akarengane!
Padiri Thomas Nahimana.
Master en Droit
Byavuye kuri: leprophete.fr
January 7, 2012 3 Comments
Rusizi: Abaturage ba Muganza ngo barabuzwa kurya ibigori bihingiye.
Mu turere twinshi tw’igihugu hashize iminsi havugwa urugomo rukorwa n’abayobozi bitwaje gahunda ya Leta yo guhinga ibyo Leta yategetse mu karere aka naka.
Ni muri urwo rwego abaturage bagiye binubira ko bahinga imyaka ubuyobozi bukaza bukayiranduza ku ngufu. None n’aho bemereye ko bahinga ibyo Leta ibahaye abayobozi bafashe icyemezo cyo kubicisha inzara bareba ibyo bejeje mu murima impande y’urugo.
Ese ibi biraganishahe igihugu cyacu koko? Nimwisomere iri Tangazo (nako Iteka) ry’uyu mutegarugori Mukamana Esperance.
N’akataraza kari inyuma
January 6, 2012 4 Comments
Kagame ariyama abavuga ko nta bwisanzure mu Rwanda
Ijambo Generali Paul Kagame yavuze afungura inama ya 9 y’Umushyikirano
Kigali, 15 Ukuboza 2011.
Igice kinini cy’iri jambo rya Perezida Kagame cyari mu cyongereza. Iyi ni version yakosowe ishyirwa mu Kinyarwanda kitavanze.
Banyacyubahiro mwese muri hano,
Perezida wa Sena,
Perezida w’Inteko y’Abadepite,
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga,
Minisitiri w’Intebe,
Banyacyubahiro baminisitiri,
Banyakubahwa muhagarariye ibihugu byanyu, n’imiryango mpuzamahanga,
Bayobozi muhagarariye inzego z’ibanze,
Banyacyubahiro mwese muhagarariye inzego za leta,
Banyarwanda,
Banyarwandakazi;
Mbanje kubasuhuza, kandi mbifuriza inama nziza dukwiye kugira muri iyi minsi ibiri itangira uyu munsi. Basobanuye icyo iyi nama igamije: inama y’umushyikirano ni ihuriro ry’Abanyarwanda cyangwa aho Abanyarwanda bahuriza ibitekerezo byabo mu buryo bwo kugirango twubake igihugu cyacu, binyuze mu nzira Abanyarwanda bose bafitemo uruhare, kandi tukacyubaka tukiganisha aho twifuza.
Hari byinshi rero biri buganirirwe hano, kandi nkaba nkangurira abanyarwanda, kubibutsa, no kubasaba ko babigiramo uruhare aho bari hose, guhera ku bari hano muri iyi nteko ndetse n’abadahari, hakoreshejwe bwa buryo bwavuzwe.
Iyi nama ni ikimenyetso cy’imyubakire y’igihugu cyacu, kandi binyuze mu nzira buri munyarwanda wese afiteho uburenganzira bwo gutanga umusanzu, kugira uruhare ku bireba igihugu, kuko ibireba igihugu cye niwe wa mbere biheraho. Tuwukoreshe neza rero, bityo agaciro tubifitemo kaboneke.
Ubundi guhurira muri iyi nama ubwabyo ni igisubizo, nicyo nshaka kugeraho. Ariko noneho dukore iyi nama dusubiza ikibazo gihora gituruka hanze hirya no hino ntajya menya inkomoko yacyo cyangwa icyo kigamije, kivuga uburyo bwo gufasha Abanyarwanda kwiyubaka cyangwa kubaka igihugu cyabo. Ariko mbivugira kugirango abandi babyumve.
Jyewe ntabwo ntangara. Jye uko mbyumva, ineza yo kutwubakira igihugu isumba ineza y’Abanyarwanda ubwabo bakwiye kwigirira mu kubaka igihugu cyabo ni iyihe?
Ibyo ndabivugira ko buri munsi hari imvugo iva hanze cyane kurusha mu gihugu, cyangwa wumva no mu batari Abanyarwanda baba mu gihugu.
Interuro ikabanza ikaba ibyiza byose Abanyarwanda bakora, u Rwanda rukora, byinshi bakabishyira ku murongo, barangiza bakongeraho ngo ‘ariko’. Iyo ‘ariko’ niyo nshaka ko twumva neza, koko tuyisuzume niba ifite agaciro, niba ifite ishingiro, ariko, ariko. Ni byiza byose, ‘ariko’.
Ko byabaye byiza byose se, hanyuma “ariko” ije ite? “Ariko Abanyarwanda ntibagira uburenganzira”, “ntibisanzura” “ntibavuga”. Kuvuga ngo ntimuvuga bifite icyo bivuga bitandukanye. Icya mbere kuvuga ngo ntimuvuga, ubwo byaba bivuze ko muri ibiragi… Abanyarwanda ni ibiragi, ntibavuga, n’iyo baba bafite ibyo kuvuga ntabwo bavuga kuko nta rurimi bafite kuko ari ibiragi… Icyo ni kimwe.
Icya kabiri; kuvuga ngo Abanyarwanda ntibavuga, kuberako atari ibiragi, ni uko hari ubafata ku munwa akababwira ngo ceceka.
Icya gatatu ni uko mushobora kuba mutari ibiragi, hashobora kuba ntawe ubafata ku munwa ngo ababuze kuvuga, ariko ahubwo ari uko nta n’icyo mufite muvuga. Nicyo bivuze.
Ubu rero ndashaka ko aribyo tuvuga, dusobanure icyo turicyo, tugereranije n’icyo abandi batubona ko turi cyo. Tumenye neza uruhare rwacu, icyo duhitamo n’icyo dushaka kuba cyo. Waba uvugwa ko umeze utya, cyangwa utya… Hari icyo uvugwa kitari cyo, ariko jye ndavuga ko dukwiye gusobanukirwa icyo turi cyo, icyo dushaka. Ushaka kutubona cyangwa kutuvuga ukundi, ibyo bikamureba. Umbona nabi, ubona ko meze nabi, ari we bizabera umuzigo abyikorere.
Uyu munsi rwose tubisobanukirwe: Ngo ubukungu buragenda neza, ibintu biragenda neza, ariko, ariko, ariko,… mu Rwanda nta demokararsi, nta bwisanzure bw’itangazamakuru, nta rubuga rwa politiki – “nonsense”! Ni uruhe rubuga rwaruta urunguru? Ahubwo abo bavuga ko nta bwisanzure nibo bakomeje kwiharira kubutubuza kuko batubuza ubwinyagamburiro. Abigize abarimu b’ubwisanzure bw’itangazamakuru na politiki nibo usanga baha abantu bahekuye u Rwanda, ba ruharwa ubwisanzure no kwidegembya.
Urubanza rwa Bagosora rumaze imyaka cumi nirindwi. N’aho ruciriwe, rwaciwe mu buryo bugayitse, barangiza bakarekura abakoranye nawe mu kumara abanyarwanda.
Barega bamwe mu banyarwanda kuba babangamira ubwisanzure n’uburenganzira, kandi icyo batazi nuko abo bashinja ari bo barwanye baharanira kwimakaza uburenganzira n’ubwisanzure mu Rwanda ndetse n’ahandi kuva kera.
Uku ni ukubeshya, ni ibinyoma ni n’uburiganya. Akaba ariyo mpanvu ntacyo abo bantu bafite cyo kwigisha abanyarwanda. Bafite ubushobozi bwo kuvuga no gukora ibyo bashaka ku Banyafurika bakaba banashaka kubikorera Abanyarwanda.
Ariko rero ntabwo twebwe duteye dutyo. Ntidukwiye kubyemera kuko ntashingiro bifite. Dukwiye guhaguruka tukabirwanya, tukihagararaho, ntitwemere ko haba uwashaka kutuvugira.
Abanyamakuru, abitwa ko baharanira uburenganzira bwa muntu bose nta n’umwe ufite uburenganzira bwo kutuvugira cyangwa kubona ko yaba azi ibyo twifuza kuturusha. Hari abantu bafata uburenganzira n’ubwisanzure nk’aho ari ihurizo! Ubwo se bibonamo iki, ni bande? Uko ni ukutwubahuka bikabije – twabifata nk’agasuzuguro. Bishoboka bite ko twashobora kwigeza ku majyambere tumaze kugeraho nta demokarasi dufite? Ntibyumvikana na gato. Abo bashaka kutwereka uko dukwiye gukemura ibibazo byacu bakwiye kubanza bagakemura ibyabo kuko nabo bafite ibibazo bibareba biruta ibyacu.
Hari ibyo mperutse gusoma mu kinyamakuru aho umuntu yanditse yerekana impungenge ko kimwe mu bihugu bikomeye by’iburayi kigiye kuyoborwa n’umuntu ukomoka muri ‘minorite’ (imbaga nyamucye) ngo nk’u Rwanda. Nonese jyewe nkomoka muri ‘ba nyamuke?’ Jyewe nkomoka muri RPF kandi ntabwo ari ‘nyamuke.’ Nkomoka mu mbaga nyarwanda kandi nta munyarwanda uba ‘nyamuke’ mu gihugu cye! Ibi byose babidukorera kubera ko tutishoboye bikadutera guhora tubasaba kudufasha. Iyi rero niyo mpamvu nyamukuru itumye duteraniye hano. Tugomba kurushaho guharanira kwikura mu bukene, tukiha ubushobozi, tukiteza imbere, bityo tukibohora ingoyi y’abashaka guhora bifuza kudutegeka uko tugomba kubaho n’aho tugomba kugana.
Abanyamakuru basigaye bambaza buri gihe uko duhuye igihe nzavira ku butegetsi. Bisa n’aho badashaka ko mbanza nkarangiza igihe cya manda gisigaye natorewe n’abanyarwanda. Ariko ndashaka kubamenyesha ko kuri jyewe atari ngombwa ko mba kuri uyu mwanya kugirango nkorere igihugu cyanjye n’abanyarwanda. Nakoreye igihugu cyanjye n’abanyarwanda ntaraba Perezida, kandi nzakomeza kugikorera n’igihe nzaba ntakiri kuri uyu mwanya.
Abantu bamaze iminsi bangerekaho ibintu byavuzwe na Minisitri Fazil, bakabivuga nk’aho ari jyewe wabivuze – ubwo se kubera iki jyewe ngomba kuryozwa ibyavuzwe n’undi muntu? Siniyumvisha impamvu ngomba kubazwa ibyo undi yavuze aho kubazwa ibyanjye. Ntabwo aribyo! Ibi byerekana ko itangazamakuru ritwibeshyaho nkana, akaba ariyo mpamvu tugomba guhaguruka tukihagararaho.
Ngo bambajije ku byo kuva ku butegetsi kwanjye, sinasobanura neza, ngo nabaye ‘vague’, ngo sineruye. Ntabwo ndigera mba ‘vague’ mu buzima bwanjye, iyo mvuze nderura, sinjya nyura ku ruhande. Mvuga ikindi ku mutima ntacyo mpishe.
Murakoze kandi mbifurije inama nziza.
[Igihe]
December 15, 2011 1 Comment
Kagame arasubiza Ambasaderi Suzanne Rice ati: “ugomba kuba uri umurwayi”
Ku wa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2011, Generali Paul Kagame yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu gikorwa ngarukakwezi cy’umuganda aho bateye ibiti mu rwego rwo kurinda no kubungabunga ibidukikije . Perezida Paul Kagame yahavugiye ijambo, asaba abaturage gushishikarira gukora, bakirinda gutegereza ak’imuhana. Yanaboneyeho no kwamagana abavuga ngo nta demokarasi iri mu Rwanda. Aha, wasangaga uko kwikoma ababivuga abihera ku magambo Suzanne Rice yatangarije i Kigali ejobundi kuri 23 Ugushyingo aho yavugaga ko mu Rwanda nta bwinyagamburiro bwa politiki buhari.
Dore ijambo ryose Generali Kagame yavugiye i Nduba nyuma y’igikorwa cy’umuganda :
Muraho ? Muraho neza ? Mwakoze ; reka mbanze kubashimira gukora umuganda, mwakoze kandi mwawukoze neza nk’uko n’ibindi byose bisanzwe bigenda neza. Rero ndi bubaganirire mu magambo magufi ; naje kwifatanya namwe mu muganda, ntabwo ndi bwirirwe nsubira mu mateka, Umuyobozi w’Umujyi n’undi muyobozi wamubanjirije ngirango ibyo babivuze bihagije.
Uyu muganda twitabira kandi twifuza ko igihugu cyose cyitabira bifite impamvu, impamvu yabyo ni ugukangurira Abanyarwanda kumenya ko hari byinshi twakwigezaho biri mu bushobozi bwacu, biri mu maboko yacu, biri mu bwenge bwacu. Sibyo ? Kuko aho tuva n’aho tujya, aho tuva twarezwe mu buryo busa n’ubutubwira ko hari abandi batugomba imibereho yacu ; murumva icyo nshaka kuvuga ? Ko hari abandi bagomba kudutunga, ko hari abitwa abagiraneza twe twicara tukarambya, tugategereza abagira neza kuza kutugaburira, kuza kutwubakira amashuri, kuza kudukorera ibyo twifuza…
Abo bagiraneza ntibabaho ; nta mugiraneza ubaho umeze atyo. Mwari mubizi ? Nta mugiraneza ubaho ushobora kugutunga, uwo mugiraneza ushaka kugutunga abishakira iki ? Yabishakira iki ? Si umuntu nkawe ? None se azitunga, atunge abe, narangiza ashyireho namwe ? Kuki yakwitunga agatunga abe, yarangiza ashyiraho n’umuzigo wo kubikorera mwebwe ? Ni ukubera iki ? Cyangwa ubereye iki umuzigo, iyo ujya kwibaza ukavuga uti ” Ariko kuki jyewe mba umuzigo ugomba kwikorerwa n’undi muntu ?” Wabaye umuzigo wawe ukareka kuba umuzigo w’undi ? Iyo ubaye umuzigo w’undi, aho ashatse kukurekurira wikubita hasi ukameneka rwose. Wari wabona umuntu wikoreye umuzigo yaremerewe yagera aho aka… Eh, murabizi iyo wikoreye umuzigo wakuremereye, ukagera aho uwutura, ukavuga uti “ahuuu !” Tutitonze, tukemera kuba umuzigo w’abantu badutura hasi batyo, muranyumva ?
Uburyo bwa ngombwa bwa mbere bwo kutaba umuzigo uturwa utyo ni ugukora, ni ugukorera hamwe, ni ugukora umuganda nk’uyu nguyu kandi ni ugukora ibyangombwa birimo gutera aya mashyamba, birimo guhinga tukeza, birimo korora, birimo kubaka amashuri abana bacu bakiga, birimo kwitabira za mutuelle kugirango dushobore kugira aho twivuriza ubuzima bwacu bumere neza, birimo guhaha no guhahirana biduha rya faranga bahoze bavuga.
Ifaranga wakoreye ntabwo ari nk’ifaranga umuntu aguhera ubusa cyangwa yitwa ngo ahugereye ubuntu. Iyo ari iby’ubuntu gusa bya buri gihe ukabimenyera ukabigira umuco bikugira umuzigo.
Rero uyu muganda ujyanye n’imitekerereze yo kubaka u Rwanda rwacu rushya, kandi tubimazemo imyaka murabizi. Niyo mpamvu bahoze bavuga imihanda, bahoze bavuga amashanyarazi, nibyo n’ubundi mukwiye, ubundi byabujijwe n’iki ? Ntabwo dukwiye kubona imihanda cyangwa amashanyarazi cyangwa amazi cyangwa ibindi ngo tubibone nk’igitangaza cyangwa nk’imbonekarimwe ; niko bikwiye kandi birashoboka ko twabikora, twabikorera tukabyigezaho. N’iyo twakubakira ku nkunga n’ibindi ariko tubikoresha kugirango dushobore kugira ubushobozi, kugira imbaraga zishingiye kuri twebwe ubwacu.
Igikorwa cyose gishingiye ku mitekerereze imeze ityo kigira umusaruro kandi kiraramba. Naho ibindi mujya mwumva buri munsi bivugwa n’abantu bamwe, either izo nshuti cyangwa bamwe muri twe biyise ibitangaza, jye ntabwo ndabona, ntabwo ndumva neza ikintu cyo kuvuga ngo dushyira abana mu mashuri, ubuzima bw’Abanyarwanda bose tubwitayeho, Abanyarwanda bose turifuza ko bagira ibibatunga, bagira ibyo kurya, bakihaza kandi bakarya neza, tukagira iryo koranabuhanga bahoze bababwira rigera kuri buri wese, rigera no ku mwana wo muri primaire wiga gutara amakuru, kuyashakisha no kuyatanga.
Tugira uburyo mwebwe abaturage mwihitiramo ababayobora mukorana nabo ; jyewe ibyo navuga byose ubundi abantu bakwiye kuba bakora bashingiraho amajyambere yabo birakorwa. Hanyuma warangiza kubirondora byose, umaze kubivuga ukavuga uti : “Ariko abantu ntabwo bafite aho bavugira”. Aho badafite kuvugira ni aho kuvugira ubusa cyangwa kuvuga ntihagire ubasubiza. Twe icyo twakoze ni ugushyiraho uburyo buri muntu wese ashobora kuvuga ndetse akanasubizwa. Kuki wavuga ngo urateza imbere kuvuga ariko ntuze imbere gusubizwa igihe wavuze ibitari byo ?
Muri miliyoni zirenga cumi n’imwe z’u Rwanda ubungubu, buri wese ashobora kuvuga icyo ashaka, aho ashakiye, aho ariho hose kubera ko tugenda dushyira mu maboko y’Abanyarwanda ubwo buryo bwo gushobora kuba bahagarara bakavuga icyo bashaka. Ariko ntabwo nakwemera ngo urambwira ngo abakwiye kuba bavuga kandi batanasubizwa ni abantu bagera nko ku ijana cyangwa ijana na mirongo itanu mu bantu miliyoni icumi n’izindi. Abo se ni iki ? Kubera iki ? Muri bo ko harimo n’abavuga ubusa cyangwa ko muri bo ko hari n’abavuga ibisenya ! Igihe turiho twubaka u Rwanda ukaza kuvuga ibirusenya turagusenya. Nta n’umwe twabisabira imbabazi at all, ahubwo ntitubikora bihagije, nabwo bijyanye na kwa kundi kureka abantu gusa ngo bishyire bizane.
Ibindi byo kuvuga ngo imiyoborere myiza, cyangwa demokarasi, cyangwa uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Iyo uteza imbere uburinganire bw’abantu, ukaba uri n’uwa mbere ku isi cyane cyane aho bijyanye no guteza imbere ubwo buringanire, kuzamura abari n’abategarugori batari bafite uwo mwanya, numbwira ngo ibyo ntabwo ari demokarasi, numbwira ngo ibyo ntabwo byubahirije ikiremwamuntu ugomba kuba uri umurwayi.
Numbwira ngo guha abana b’u Rwanda bose uburyo bakiga bakagira ubumenyi, bakagira ubushobozi, bakarerwa neza, bakagira igitunga umubiri wabo noneho bagashingira aho buri wese ashaka aba icyo ashaka kuba cyo, avuga icyo ashaka kuvuga, ukambwira ngo iyo ntabwo ari demokarasi, ugomba kuba ufite ikibazo.
Numbwira ngo gushyira mu bana b’u Rwanda n’Abanyarwanda bose uburyo bashobora kuvuga, bakavugira aho bashatse aho ariho hose, bakavugana n’uwo bashatse uwo ariwe wese ku isi ; twashoye imari mu bintu byo gushyiraho internet ngo buri Munyarwanda wese agire uburyo bwo gukoresha internet, abana bo muri primaire bose turi hafi kubaha uburyo bakoresha mudasobwa, murazizi, murazibona tuziha n’abana batoya. Uriya mwana ashobora kuvugana n’umuntu aho ari hose ku isi n’uwo wundi nawe ashobora no kumuvugisha, ashobora gutanga amakuru ayo ariyo yose, ashobora no kubona amakuru ayo ariyo yose, guhera ku mwana kugeza ku mukuru ; warangiza ukambwira ngo “u Rwanda ariko rurafunze”. Gufunga ni iki ? Gufunga, gufunga ni iki ? Ubu aho mwicaye aha murafunze ? Hari uwo bazanye ku gun point ? (baje batunze imbunda kumugeza hano ?) Simwe mwizanye ? Ntimusubirirayo aho mushakira ? Eeh ! Ubu se rwose umuntu azagire ate ?
Ariko jye nshobora kuba ntekereza igisubizo : Hari cya kindi nabatangiriyeho cyo kuvuga abitwa ngo ni abagiraneza kandi nkabereka ko atari abagiraneza, mwebwe Abanyarwanda nk’abandi Banyafurika niyo mpamvu ntinda ku kintu cyo kubabwira, cyo kuvuga iteka ngo “twihe agaciro” kubera ko nitutakiha ntawe uzakaduha. Uburyo atazakaguha ni ubuhe ? Iyo atangiye kuvuga atya ngo : “Ibi ngibi ni byiza ariko…” Ariko iki ? Buriya ariko icyo ivuze kitagaragara ni nko kuvuga ngo ’ariko aba Banyafurika bashaka kugira ubwigenge, oya bagomba kuguma hariya, tukaguma tubahetse nk’umuzigo tukabaturira aho tubashakiye’. Nicyo bivuze buriya nta kindi ; baravuga ngo uyu muntu nafashe ukuboko winyagambura arajya he ? Eeh ! Kuko aragufashe, kuko iyo agutunze aragufashe, agufashe ukuboko, agukoresha ibyo ashatse, aho abishakiye. Iyo winyagambura umwiyaka, ibi ngibi baba bavuga ni nko kuvuga ngo ubu uyu arajya he ? Uyu nguyu dutunze dushaka kugira icyo dushaka ko aba arajya he ?
Umuntu utunzwe n’abagiraneza nta gaciro agira ; abagafite, abakiha, abashaka kukakugenera ni babandi nyine bagutunze.
Aba rero bahora bavuga ngo “Ariko, ariko hari ikintu kibuze…” Habuze iki ? Aha mubona habuze iki ? Habuze ikintu kimwe, kandi nicyo dushaka, nicyo dukurikiranye nicyo kizajya kituzana mu muganda buri munsi, kikatwiriza ku zuba. Turashaka kubaho, turashaka kwibeshaho. Turashaka kwigenera ibyo tukomba kwigenera, ibyo dushaka. Turashaka ubwigenge. Niyo ntambara iriho, ntiwibwire ngo hari ikindi kibuze, nta kindi ! Iyo utigenga cyangwa iyo utitunga ntabwo wigenga. Ibindi byose ubigenerwa n’abagutunze, iyo bimeze bityo nta gaciro umuntu aba afite.
U Rwanda rushya ni urw’agaciro. Ni urw’agaciro gakwiye kuba kabashingiyeho mwebwe Abanyarwanda, umwana, umukuru, umugore, umugabo, noneho n’ibyo tudafite ubu ngubu, n’ibyo buri umwe muri mwebwe iyo yicaye mu rugo avuga ati : “mbuze iki, sindagera kuri iki” ; nibyo twifuza, nibyo dukorera kugirango ushobore kuba wabigeraho. Turifuza ko wabigeraho, turifuza gukorana nk’Abanyarwanda kugirango utaragerwaho n’icyo yifuza kibe cyamugeraho kandi abigiremo uruhare : niyo demokarasi, niyo majyambere, nibwo burenganzira bwa buri muntu kandi bwa muntu, niho uvugira icyo ushaka kandi ukakivugira igihe cyose ushakiye, nibwo burenganzira bwa buri kintu cyose. Nicyo nagirango rero nibutse umunsi nk’uyu w’uyu muganda ; umuganda ntabwo ari aya masuka n’imihoro n’ibindi twazanye gukora gusa. Umuganda ni icyo gitekerezo cyo gukora, cyo gukorera hamwe, cyo gukora ibyo dukeneye, cyo kwigabanyiriza kuba umuzigo w’abandi, kugirango niba ari umuzigo twikoreye, twikorere umuzigo wacu. Muranyumva ? Ni ibyo ngirango mbashimire.
Hanyuma ikindi ndangirizaho, uyu munsi na none w’umuganda no gutera aya mashyamba n’ibindi, ni ibintu duhuriyeho n’abandi ku isi hose ariko twebwe dufite uruhare rwacu kuko ingaruka zimwe nitwe zizaho ; iyo ufite imisozi nk’iyingiyi ihanamye gutya ikagenda ikambara ubusa, imvura iyo iguye imanukana ubutaka ukeneye kugirango uhingeho weze ikabutwara ; ntabwo tubikeneye, dukeneye ko ubutaka bwacu bufatwa neza, dukeneye ko tugira amazi, amazi tubonye ntatubere ikibazo ahubwo akatubera igisubizo. Ni ukuvuga ngo hari uko tugomba kwifata n’uko tugomba gufata ibidukikije, niyo mpamvu umwaka utangira mu kwezi kwa kabiri dufatanyine n’abandi ku isi n’umuryango wa UN twashyizeho imvugo-ngiro yo gutera amashyamba, gusubizaho amashyamba kugirango imisozi yacu ireke kwambara ubusa. Sibyo ? Inyungu ziri kuri twe, dutere amashyamba aho akwiye kuba aterwa, ayandi ndetse tuyatere mu ngo zacu kuko hari amashyamba atazirana no guhinga cyangwa no korora twifuza mu mago yacu biruzuzanya.
Hariho rero ibikorwa rusange tuzajya duhuriraho twese nk’Abanyarwanda, hari n’ibindi bikorwa bizajya bikorwa n’umuganda cyangwa se n’umuntu aho ari, aho ariho hose. Ibi byo gutera amashyamba rero tubizirikane kuko usibye ko amashyamba avamo ubukungu ubwayo ariko noneho aturindira ibidukikije ntibyangirike kandi ntibyangize ibyo twifuza. Ibyo rero bituruka mu myumvire yacu, bituruka mu bikorwa byacu ntabwo bizagomba guhora bihahwa hanze tubifitiye ubushobozi. Sibyo ?
Reka nsoreze aha ngaha ntabasinziriza, mushobora gusinzira, nshobora kubabwira byinshi mugatangira gusinzira ! Ngirango ahasigaye dushobora kwishimira ibyiza tumaze gukora, tumaze kugeraho kandi dushingira ku cyizere cyo kuvuga ko ibindi biri imbere bikitugoye nabyo tuzabikemura. Mu kanya bahoze batubwira hano ko musigaye mukinisha ifaranga ; ejo bundi ntabwo ryari rihari mwari abakene ariko biraza, iyo byaje, iyo ifaranga ryaje n’ibindi byose biba biri mu nzira biza. Sibyo ? Kandi nk’Abanyarwanda, Abanyarwanda bose b’intore ngirango muzi imvugo ngo ’Intore ntiganya ishaka ibisubizo’. Turi intore rero, mukomeze mube intore nziza, bibatere ishema bibahe agaciro, tubone ibyo dukeneye byose.
Mugire ubuzima bwiza rero. Murakoze cyane.
November 28, 2011 9 Comments
Ambasaderi Susan Rice ati: Mu Rwanda Nta Bwinyagambuliro bwa Politiki
Kigali 23 Ugushyingo 2011 – Ambassadeur wa Reta Zunze Ubumwe mu muryango w’abibumbye Susan Rice yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine. Urwo ruzinduko rulibanda ku bukungu, ubuhinzi n’iterambere mu rwego rw’ubuzima.
Yavuze ko n’ubwo hari ibintu bishimishije byagezweho muri ibyo byiciro, muri politiki y’u Rwanda ngo nta bwinyagambuliro. Kuri we ngo ugereranije n’ibyo byiciro bindi ngo kuri politiki imiryango irafunze .
Ambasaderi Rice yashimye u Rwanda avuga ko mu myaka 17 ishize igihugu cyageze ku bintu byinshi mu rwego rw’ubukungu, umubano n’amahanga, ubuhanga mu by’ubucuruzi, ibidukikije no mu byerekeye kwita ku buzima, technologie no mu bireba uburenganzira bw’abategarugoli.
Yavuze ko u Rwanda rwateye imbere ugereranyije n’ibindi bihugu mu byerekeye guha ingufu abagore.
Ati mu mwaka w’2008 abagore babonye imyanya 45 kuri 80 mu nteko ishingamategeko, bikaba bituma u Rwanda ruba igihugu kimwe rukumbi ku isi kugeza uyu munsi, aho abagore bagize ubwiganze mu nteko ishingamategeko. Ati: ibi bituma abandi dusigaye tugira ikimwaro.
Rwanda: Ambassador Rice Speaks Out
Mu byo yavugiye I Kigali, ejo kuwa gatatu, Madamu Rice yanavuze ko, u Rwanda ari incuti, ashobora kubwiza ukuri. Yavuze ko u Rwanda rushobora kuba rurushijeho kugira ubuzima bwiza, rurushijeho gukira no kugira abantu bize, ariko ko mu byerekeye politiki ruri inyuma y’ibindi bihugu byo mu burasirazuba bwa Afrika.
Ati: Haracyari Inzitizi. Abakozi b’imiryango idaharanira inyungu za politiki, abanyamakuru, n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, akenshi batinya gukora ibiterane mu mahoro, no kuvugira ahagaragara. Bamwe baratotejwe. Bamwe batewe ubwoba n’ababahamagara ku matelephoni nijoro, batabazi. Abandi ntawe uzi irengero ryabyo.
Mu kwezi kwa 6, umuryango Amnestie Internationale, wanenze u Rwanda, utangaza imibare igaragaza uko, ruhagaze mu byerekeye uburenganzira bw’ikiremwa muntu, uvuga ko, mu mwaka ushize, aho prezida Paul Kagame, yabonyemo 93 ku ijama by’amajwi mu matora, nta bwisanzure bwo kuvuga icyo umuntu ashaka bwari buhari.
Guverinema y’u Rwanda yavuze ko, ibyo atari ukuri. Yongeyeho ko, raporo ya Human Rights Watch, inenga imikorere y’inkiko, nta shingiro ifite.
Madame Rice, yanashimye guverinema y’u Rwanda, izwi cyaneho kurwanya ruswa yivuye inyuma. Yanashimye kandi uburyo u Rwanda rwateye imbere muri Technologie, avuga ko abantu bakoresha internet, bikubye incuro zirenga ibyiri mu myaka mike ishize. Ati :Technologie izahindura imibereho y’abanyarwanda.
Na VOA News | Washington.
November 24, 2011 2 Comments
Ministri w’Intebe mushya wa Kagame yashyizeho Guverinoma nshya y’u Rwanda
Kuwa Kane tariki ya 6 Ukwakira 2011, Perezidansi ya Repubulika yashyize ahagagara Itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Pierre Damien Habumuremyi Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda, asimbuye kuri uwo mwanya Bernard Makuza wayoboye Guverinoma y’u Rwanda kuva ku wa 8 Werurwe 2000.
Iryo tangazo rya Perezidansi ya Repubulika rikomeza kandi rivuga ko Perezida wa Repubulika yashyizeho abasenateri bane aribo : Bernard Makuza wari Minisitiri w’Intebe, Penelope Kantarama wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano, Jean Damascene Ntawukuriryayo wari Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko na Tito Rutaremara wari Umuvunyi Mukuru.
Kurahira no gushyiraho Guverinoma Nshya
Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, Minisitiri w’Intebe aba agomba gutangira imirimo ye nyuma yo kurahira. Ku wa gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2011 nibwo Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda Pierre Damien Habumuremyi yarahiriye kuyobora Guverinoma y’u Rwanda nyuma y’umunsi umwe gusa ashyizwe kuri uwo mwanya. Akimara kurahirira, yahise atangariza Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda bose amazina y’abagize guverinoma agiye kuyobora.
Mu mihango y’irahira yabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2011, Minisitiri w’Intebe Habumuremyi, abyumvikanyeho na Perezida wa Repubulika yatangaje Guverinoma Nshya ku buryo bukurikira :
● Minisitiri w‘Intebe (Prime Minister) : Pierre Damien Habumuremyi
● Minisitiri w‘Ubuhinzi n‘Ubworozi : (Minister of Agriculture and Animals Resources- MINAGRI) : Dr. M.Agnes Kalibata
● Minisitiri ushinzwe Umuryango w‘Ibihugu by‘Afurika y’Iburasirazuba (Minister for Eastern African Community-MINEAC) : Monique Mukaruliza
● Minisitiri w‘Ubuzima (Minister of Health- MINISANTE) : Dr. Agnes Binagwaho
● Minisitiri w‘Umutekano mu Gihugu (Minister of Internal Security- MININTER) : Sheikh Mussa Fazil Harerimana
● Minisitiri w’Ingabo (Minister of Defense-MINADEF):Gen. James Kabarebe
● Minisitiri w’Umutungo Kamere : Ubutaka, Amashyamba, Ibidukikije na Mine (Minister of Natural Resources :Land, Forests, Environment and Mining) : Stanislas Kamanzi
● Minisitiri w‘Imali n’Igenamigambi (Minister of Finance and Economic Planning –MINECOFIN) : John Rwangombwa
● Minisitiri w‘Ibiza no Gucyura Impunzi (Minister of Disaster Management And Refugees – MIDIMAR) : Gen. Marcel GatsinziI
● Minisitiri w‘Ubutegetsi bw’Igihugu (Minister of Local Government MINALOC) : James Musoni
● Minisitiri muri Primature ushinzwe Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(Minister in the Prime Minister’s Office in charge of Gender and Family Promotion- MIGEPROF) : Aloysia Inyumba
● Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco na Siporo (Minister of Youth,Sports and Culture- MINISPOC) : Protais Mitali
● Minisitiri w’Ubutabera/Intumwa Nkuru ya Leta (Minister of Justice MINIJUST) : Tharcisse Karugarama
● Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika (Minister in the President’s Office) : Venantia Tugireyezu
● Minisitiri w‘Abakozi ba Leta n’Umurimo (Minister of Public Service and Labour -MIFOTRA) : Anastase MurekeziI
● Minisitiri w‘Ububanyi n‘Amahanga n‘Ubutwererane (Minister of Foreign Affairs and Cooperation -MINAFFET) : Louise Mushikiwabo
● Minisitiri muri Perezidanzi ya Repubulika Ushinzwe Ikoranabuhanga mu Itangazamakuru, Itumanaho n’Isakazabumenyi – ICT) (Minister in the President’s Office in charge of Information Communication and technologies (ICT) : Dr. Ignace Gatare
● Minisitiri muri PRIMATURE ushinzwe Imirimo y‘Inama y’Abaminisitiri (Minister in the Prime Minister’s Office in charge of Cabinet Affairs-MINICAAF) : Protais Musoni
● Minisitiri w‘Ubucuruzi n’Inganda (Minister of Trade and Industry – MINICOM) : Francois Kanimba
● Minisitiri w‘Ibikorwa Remezo (Minister of Infrastructure- MININFRA) : Albert Nsengiyumva
Abanyamabanga ba Leta (State Ministers / Secrétaires d‘Etat)
● Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu (Minister of State in the Ministry of Infrastrure in charge of transport) : Alexis Nzahabwanimana
● Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y‘ Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n Ayisumbuye (Minister of State in the Ministry of Education in charge of Primary and Secondary Education):Dr. Mathias Harebamungu.
Imyanya itatu ntirahabwa abayiyobora :
Hari imyanya itatu Minisitiri w’Intebe Mushya atatangarije abazayiyobora :
1) Minisitiri w’Uburezi : Uwari usanzwemo ni Pierre Damien Habumuremyi wagizwe Minisitiri w’intebe
2) Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza y’Abaturage : Uwari usanzwemo, Madamu Christine Nyatanyi aherutse kwitaba Imana
3) Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ushinzwe Ingufu n’Amazi : Uwari uwusanganywe ni Ingenieur Colette Ruhamya utagaragaye muri Guverinoma nshya.
Nta gitangaza kirimo: hari igihe biba ngombwa ko usaranganya abakinnyi…
Mu jambo yageje ku barahiriye kwinjira muri Guverinoma nshya uko ari 22 n’abari aho muri rusange, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko ntawahindura ikipe itsinda.
Yagize ati : “Ubundi ikipe iyo itsinda urayikomeza, ariko kandi iyo ufite amakipe menshi hari ubwo biba ngombwa ko usaranganya abakinnyi, bamwe bakava mu makipe amwe bakajya gukina mu yandi makipe, kugira ngo dukomeze dutsinde mu makipe yose, kandi dutsindira ikipe imwe y’igihugu muri rusange. Niyo mpamvu rero bimwe iyo bihindutse nk’uku, njye ni uko mbibona nta gitangaza kinini kiba gihari”.
U Rwanda ni igihugu kigenzurwa ku isi yose kurusha ibindi…
Yagize ati : “U Rwanda, turi igihugu, turi abantu, dufite na Leta bigenzurwa ku isi hose kurusha ikindi gihugu, kurusha abandi bantu. “We are the most scrutinized nation, government, people in this world”.
Kuri ibi Perezida Kagame yavuze ko ukugenzurwa, ugukurikiranwa no guhora u Rwanda rubazwa ibyo abandi batabazwa ngo bikwiye gutuma Abanyarwanda barushako kugira imbaraga ; aha akaba yasabye Abanyarwanda gukoresha imbaraga n’ubushake nk’abikorera.
Yagize ati : “Ibyo abandi bavuga mujye mubyumva byo kubarangaza mukomeze ibyo tugomba kwikorera, ibyo tugomba kwigezaho nk’abantu bakwiye, tugomba kandi kugira agaciro nicyo cyangombwa ; aba bose bahabwa inshingano bazihabwa mu izina ry’Abanyarwanda, bazihabwa n’Abanyarwanda, mubakorere uko bikwiye dufatane urunana twigeze kubyo bifuza kugeraho vuba na bwangu”.
Inshingano zikomeye mwampaye nzakiranye umutima mwiza, ubushake buhagije, n’icyubahiro mbagomba…
Mu ijambo rye Minisitiri w’Intebe Mushya Habumuremyi Pierre Damien yashimye Perezida Kagame wamugiriye icyizere cyo kuyobora Guverinoma y’u Rwanda.
Yagize ati : “Birumvikana ko ari inshingano zikomeye, ariko nkaba nzakiranye umutima mwiza, ubushake buhagije, n’icyubahiro mbagomba Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kimwe n’Abanyarwanda babatoreye kubayobora”.
Yanashimiye byimazeyo Umuryango wa FPR Inkotanyi ku kuba waramureze muri Politiki n’imikorere myiza igamije guteza imbere igihugu ku buryo bwihuse.
Minisitiri w’Intebe yijeje abanyarwanda n’Umukuru w’Igihugu, ko azakoresha imbaraga ze zose mu kuzuza inshingano yahawe akaba kandi yizeye ko bizashoboka biturutse ku cyerekezo cyiza na gahunda nziza bikeshwa Perezida Kagame.
October 10, 2011 No Comments






