Urubuga rw'Amakuru n'Amateka Mu Rwanda

Visi-Perezida wa Green Party bamuciye umutwe

Umurambo wa Visi-Perezida w’ishyaka ryita ku bidukikije Green Party, Andre Kagwa Rwisereka, wari warabuze guhera kuwa mbere, ubu wabonetse.

Ishyaka rye riravuga ko umurambo we wabonetse hafi y’ahatowe imodoka ye ejo kandi ko yapfuye bamuciye umutwe.

Twabibutsa ko mu ijoro ryo kuwa mbere rishyira kuwa kabiri aribwo uyu mugabo yabuze, kuko bucyeye bwaho habonetse gusa imodoka yari arimo, harimo ibya ngombwa bye (indangamuntu n’uruhushya rwo gutwara imodoka), imfunguzo z�iwe mu rugo n�imfunguzo z�imodoka, bigaragaza ko ibura rye ntaho rihuriye n�ubujura bwo gushaka kumwambura imodoka ye.

Mbere y’uko umurambo wa Rwisereka uboneka, Frank Habineza, Umuyobozi w�ishyaka Green Party of Rwanda, yari yagize ati �aramutse apfuye cyaba ari igihombo gikomeye cyane ku ishyaka ryacu, kuko uretse no kuba visi perezida wa mbere w�ishyaka yari na Membre Fondateur waryo, twakoranaga byinshi.�

Inkuru bijyanye:
Rwanda: Vice-Chair of Green Party Assassinated

- Niba ushaka kwohererezwa emails z’ibyandikwa kuri Rwandinfo mu Kinyarwanda, kanda hano.
- Niba ushaka kujya usomera inyandiko zo kuri Rwandinfo mu Kinyarwanda ukoresheje RSS Reader yawe, kanda hano.

0 comments

There are no comments yet...

Kick things off by filling out the form below.

Leave a Comment