Urubuga rw'Amakuru n'Amateka Mu Rwanda

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwemeje ko Umuyobozi w’ikinyamakuru Umuvugizi, Jean Bosco Gasasira, ari umwere

Gasasira Jean Bosco, Umuyobozi w’Umuvugizi

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwemeje ko Jean Bosco Gasasira, umwanditsi akaba n�umuyobozi mukuru w�ikinyamakuru Umuvugizi gisigaye ubu cyandikirwa mu buhungiro ku rubuga rwa internet, ari umwere ku byaha bitatu yakurikiranwagaho n�ubushinjacyaha.

Gasasira yaregwaga n�ubushinjacyaha gukoresha ikinyamakuru cye mu gusebya umukuru w�igihugu Paul Kagame.

Yaregwaga kandi gukwirakwiza inyandiko zigamije kwangisha ubutegetsi abaturage no kwica itegeko rigenga itangazamakuru mu Rwanda, atangaza inkuru �zidafite ibimenyetso�.

Yaba Jean Bosco Gasasira cyangwa se umwunganizi we mu mategeko, nta numwe wagaragaye mu cyumba cy�urukiko mu gihe cy�iburanisha ry�urubanza; nta n’ubwo bagaragaye mu isomwa ryarwo.

Umushinjacyaha Augustin Nkusi wahagarariye ubushinjacyaha mu gihe cyose cy�iburanishwa ry�uru rubanza, nawe ntiyagaragaye ubwo imyanzuro yarwo yasomwaga n�umucamanza.

Mu myanzuro y�urukiko umucamanza yavuze ko ubushinjacyaha nta bimenyetso bihagije bwashingiyeho bushinja Gasasira ibi byaha, bityo abimuhanaguraho byose.

Jean Bosco Gasasira, ubu uba mu buhungiro, aracyakurikiranywe n�ubucamanza bw�u Rwanda, ku byaha aregwa n�izindi nzego zirimo Inama Igenga Itangazamakuru mu Rwanda.

Mu kwezi kwa Mata uyu mwaka, Inama Igenga Itangazamakuru mu Rwanda yahagaritse ikinyamakuru Umuvugizi mu gihe cy�amezi atandatu, nyuma iza gutanga icyifuzo cy�uko cyafungwa burundu.

Hategerejwe kureba icyo Inama Igenga Itangazamakuru izakora ku kinyamakuru Umuvugizi ubwo umuyobozi wacyo yagizwe umwere ku birego byabaye intandaro y’ihagarikwa ryacyo.

0 comments

There are no comments yet...

Kick things off by filling out the form below.

Leave a Comment