U Rwanda Ruzubakwa n'Amaboko y'Abana Barwo Bose

Urukiko mpuzamahanga ku Rwanda rwemeje ko Simon Bikindi afungwa imyaka 15

Simon Bikindi, Musician

Simon Bikindi, Musician

Igifungo cy�imyaka 15 cyari cyarakatiwe umuhanzi Bikindi Simon cyemejwe n�Urukiko Mpuzamahanga ku Rwanda rukorera Arusha, nyuma yo gusanga ahamwa n�icyaha cyo gukangurira abantu kwanga abandi (incitation � la haine) mu gihe cya Jenoside.

Ubundi Simon Bikindi yafashwe mu mwaka wa 2001, igihe amaze afunze kikaba kizakurwa kuri iyo myaka 15.

Nk�uko Africatime dukesha iyi nkuru ikomeza ibivuga, ngo mu mwaka wa 2008, urwo rukiko mpuzamahanga rwari rwarasanze Bikindi ahamwa n�icyaha cyo gukangurira abantu gukora Jenoside, biherewe kuri disikuru yigeze kuvuga muri Kamena 1994, aho yaba yarakanguriraga Abahutu guhaguruka bakica Abatutsi. Bikindi kandi azwi nk�umuntu wahimbaga indirimbo zanyuraga no kuri Radiyo y�igihugu, ngo zikaba zaravugwagamo ko Abatutsi aribo ntandaro z�ibibazo by�u Rwanda, ngo bakaba n�abanzi.

Igihe

Niba ushaka kwohererezwa emails z'ibyandikwa kuri Rwandinfo mu Kinyarwanda,
Injiza email yawe hano:

Bitangwa na FeedBurner

Comments

  1. kanimba says:

    Bikindi Simon indilimbo ze byaragaragaye neza mu RUKIKO bazimuhanaguyeho icyaha.
    Ubwo rero byaba byiza indilimbo ze zisakaye hano mu rwnda abanyarwanda bakazajya bazimwibukiraho.

  2. bakinahe says:

    Ntabwo aribyiza kwibuka umuntu ufunzwe kubera ibyaha nkabiriya ahubwo aho bazazimva hose bazazihate bazishyingure

  3. kaganga says:

    Nkuko Kayirebwa& C�cile cg Massamba Intore abakunzi be bamukunda na Bikindi Simon yagombye kumvwa n’abakunzi be, kuko indirimbo ntizigeze zigaragaraho ko zifite imiziro ku banyarwanda

Speak Your Mind

*