Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’Umuryango w’Abibumbye byafatiye ibihano umukuru w’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, Sultani Makenga, bashinja gukora amarorerwa muri Republika iharanira demokarasi ya Congo.
ONU yafatiye Sultani Makenga ibihano byo kumubuza gutembera inafatira umutungo we naho Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zifatira umutungo we gusa.
Mu kwezi gushize, itsinda ry’impuguke za ONU zavuze ko Urwanda na Uganda biha intwaro n’izindi nkunga umutwe wa M23 ariko ibyo bihugu byombi birabihakana.
Source: BBC Gahuza
Ibivugwa n’Abasomyi