U Rwanda Ruzubakwa n'Amaboko y'Abana Barwo Bose

Inteko itora abagore binjira mu Nteko ishobora kwikuba gatanu

Abagore bagize inteko itora bagenzi babo babahagararira mu Nteko Ishinga Amategeko mu Rwanda, bashobora kongererwa umubare nyuma y�uko umushinga w�itegeko ryongera uwo mubare wagejejwe ku badepite ngo wemezwe.

Mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyahuje imitwe ya politiki yemewe ikorera mu Rwanda na Komisiyo y�Igihugu y�Amatora cyabaye ku wa Kane tariki ya 21 Werurwe 2013, Perezida w�iyi Komisiyo Prof. Kalisa Mbanda yatangaje ko nyuma y�ibitekerezo bitandukanye Abanyarwanda bayigejejeho baba abatora, indorerezi n�abandi bafite aho bahuriye n�amatora basaba ko umubare w�abagore bagize inteko itora bakwiyongera kuko usanga ari bake kandi batora abadepite benshi.

Prof. Mbanda avuga ko bagendeye kuri ibyo bitekerezo n�ibyifuzo Komisiyo ayoboye yafashe icyemezo cyo kugeza umushinga ku Nteko Ishinga Amategeko, isaba ko inteko itora idakwiye guhera ku rwego rw�akagari izamuka, ahubwo bahera ku rwego rw�umudugudu abatora bakava ku bihumbi bitatu bakagera ku bihumbi 14.

Mu kiganiro cyahuje izi nzego zitandukanye, abagize Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry�imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda babajije ibibazo byinshi�; urugero ni uwabajije impamvu Abanyarwanda batajya mu mahanga kuba indorerezi mu matora ahakorerwa kandi bo baza mu Rwanda, aho yasubijwe ko u Rwanda nk�igihugu gishimwa mu matora rukora rukunda gutumirwa cyane mu matora ategurwa ku isi, ariko kuyitabira habanza kurebwa inyungu zirimo n�ubushobozi.

Mu matora y�abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka hatorwa abazahagararira imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, biteganyijwe ko abazatora barenga miliyoni esheshatu n�ibihumbi magana atatu, mu gihe mu yandi nk�aya yabaye mu 2008 abatora bari miliyoni enye n�ibihumbi magana ane.

Gusa ngo n�ubwo umubare wiyongereye amafaranga azakoreshwamo asaga miliyari eshanu mu gihe mu 2008 yasagaga miliyari indwi. Kugabanuka kw�ayo mafaranga kwatewe n�uko ibikoresho byagiye bibikwa neza bikazongera kwifashishwa.

Source: Igihe

Share

Niba ushaka kwohererezwa emails z'ibyandikwa kuri Rwandinfo mu Kinyarwanda,
Injiza email yawe hano:

Bitangwa na FeedBurner

Speak Your Mind

*