Urubuga rw'Amakuru n'Amateka Mu Rwanda

Amajwi yafashwe igihe abicanyi ba Kagame bajyaga umugambi wo kurara biciye Kayumba Nyamwasa mu bitaro byo muri Afurika y’Epfo

Ni “emergency”! Kayumba agomba kurara apfuye kandi bakamutsinda mu bitaro aho arwariye ibikomere yatewe n’abamurashe bakamuhusha. Abantu ba Kagame bemeranyijwe n’abasore bashaka gutuma kwica Kayumba Nyamwasa mu bitaro byo muri Afurika y’epfo ko bagomba kubanza kubaha amadolari ibihumbi 250, barangiza gukora akazi bakabaha andi nkayo. Yose hamwe ni kimwe cya kabiri cya miliyoni y’amadolari. Icyo si ikibazo. Ikibazo gihari gusa ni uko ari ku cyumweru, bikaba biri burushye kuvana amafaranga i Kigali no kuyageza vuba ku bagomba kwica, kandi bagomba kurara bakoze ako kazi.
Tega amatwi uko Generali Jack Nziza abivugana n'intumwa ye muri Afurika y'epfo

- Allo !
- Bite ?
- Hen ni byiza! Maze kuvugana n’aba basore banjye,
- Huum
- haa, yeeh!
- Nawe ugire amarenga ashoboka, ugire amarenga ashoboka
- Huun
- Twavuganye, bagira kuri ntuza, barambwira bati ni ibintu byoroshye aliko…
- Ndababwira nti dukeneye aliko emergency
- Barambwira bati emergency nta kibazo, mbabwira area iyo ari yo, barambwira bati iyo area ntabwo yoroshye irimo na ntuza na security ikomeye cyane kubera ibi by’umupira.
- Yeah
- Tugerageza kuvugana ku ntuza ku giciro cya biriya
- Huum
- Huum
- Cy’amamodoka yo gukodesha mu mupira?
- Huum
- Huum
- Ya, so bo barambwira bati uko byagenda, byaba 250 twarangiza ugahita uduhereza. Ndababwira nti aliko ni ibintu bishakwa uyu munsi byibuze. Nti kandi njyewe ndi garantie biramutse binaniranye mwankoresha icyo mushaka barambwira bati se wowe twa baranseka bati wowe hari ugukeneye? hun

- None se urumva byagenda bite? Na bo barebe situation uko imeze

- Yaa, bambwiye ngo sinongere no kubahamagara rwose niba, bambwiye bati 250, tugakora ibyo dukora, akazi kawe karangira ugahita uduhereza indi, tutikomereza ati nawe uhibereye, so atali ibyo…

- Ngo, ngo mu, ngo

- Hun

- Ngw’iki?

- Barashaka 250 mbere y’uko ba…

- Ngo 250 hanyuma?

- Barangiza akazi nkabaha indi

- Ukabaha izindi? Ni nk’aho abantu bavuze 500?

- Yee, aliko ni ukubanza umuntu akaba 250 y’akazi, bakagakora, ayo yandi umuntu akayabaha nyuma

- Ah urumva ntabwo bishoboka, none se wayabagezaho gute?

- Hun! Karangiye?

- Iyo wumva, nabo bakwiye kureba, none se urumva se hagati y’uyu munsi n’ejo, anything can happen! Na bo bagomba ku

- Naa nabibasobanuriye barabwira bati ibyo ntabwo bibareba, nzabashake mfite ibyo bakeneye nimba ntabifite sinzongere kubahamagara ahubwo mbabwira ibyo bintu. So ndabihorera nanjye nanga gukomeza kudiskasinga ibintu byinshi na bo ku telephone. Sinzi. Sinzi rero kuko nababwiye barambwira bati ibintu byo mu hospital n’iki wowe urashaka kubyita ibintu byoroshye, nah haba hari za cameras hari ibiki? Ndababwira nti ntabwo byoroshye ndabizi aliko icyo nshaka ni uko birangira ndabaha garantie. Garantie yihe? Ndababwira nti jyewe bidashobotse munkoreshe icyo mushaka. Barambwira bati wowe ntawe ugukeneye rwose. Barananseka cyane. So

- Huum

- Huum…. Yaaa hun sinzi rero uko tubigenza

- It’is very tricky

- Ngira ngo nanjye ntabwo nakomeza kwishyira kuri aba bantu mbahamagara, nabonye nkira ba bandi ba mbere aba bo simbizi, ntabwo nshaka kujya muri byinshi ntazi uko ndiburangize, bitanzanira ibibazo. Hun! Ubu simbizi.

- Ikibazo ni… ikibazo ni uku… ukuzana message rwose jyewe ndumva ibyo ngibyo nta n’ubwo byakabaye ikibazo, ikibazo ni ukuzana message, ni ukuyikugezaho.

- Aliko iyi ni case ili emergency, ushobora gufata umuntu aga..

- None se emergency wayikora ute ? ubwo se emergency bivuze iki ? erega, emergency, ni byo nkubwira, message, ikibazo ni ukuntu message yahagera…

- Sinzi…

- … dore uyu munsi ni ku cyumweru,

- Huun

- You cannot mobilize

- Sinzi uko wabigenza rwose, aliko ubishoboye wafata umuntu ukamushyira ku ndege ibintu tukabirangiza, kuko bizagera ahantu…

- Ibyo ngibyo erega ntabwo ali cyo kibazo, ibyo ngibyo ntabwo ali cyo kibazo ahubwo ni uko ali ku cyumweru

- Aliko, aah! ku cyumweru aliko ziragira, ziragenda, yakoresha Kenya Airways n’iki ibintu nk’ibyo

- Erega icyo nkubwira, how do we , hari ukuntu amategeko aba ateye ku buryo kubona ibyo bintu byose..ari almost impossible

- Yaa, so ngira ngo, ngira ngo tubihorere turebe na result bari butange hano, turebe uko bimeze simbizi, kuko sinshaka kongera kubahamagara nta n’ikintu ndiskasinga na bo.

- Reka nze ngerageze aliko nyine icyo ni cyo kibazo rwose

- Ngira ngo gerageza urebe ubwo ngewe ngiye gusubira iriya

- Reka ngerageze ndebe, uraza gushakisha ukuntu twavugana

- Naza gushakisha nka ryali?

- None se ubu ngubu ngiye kwiruka

- Kuko hano sinzi igihe turi buhavire, ntabwo nzi igihe turi buhavire rwose.

- Murahava nijoro?

- Nijoro twahavuye mu ma saa, after midnight

- Huum

- Huum

- Ubu ngubu utekereza ko muri buhave ryali?

- Sinzi, sinzi ndagira, aa, ndakumenyesha. Ngira ngo reka tubanze turebe results nizimara gusohoka ndagushaka nkubwire

- Yee
- Huum
- Biraza no kuduha igishushanyo

- Ok ! Ok sir!

0 comments

There are no comments yet...

Kick things off by filling out the form below.

Leave a Comment